AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Rubavu: Ibiro 420 by'urumogi na litiro zirenga 1900 z'inzoga zitemewe byatwitswe

Yanditswe Jan, 10 2018 15:03 PM | 4,079 Views



Kuri uyu wa gatatu, mu karere ka Rubavu ni ho hakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw'intara y'iburengerazuba. Ni igikorwa cyarimo polisi y'igihugu, ingabo, ministre w'ubutegetsi bw'igihugu, uw'urubyiruko, umunyamabanga wa leta muri ministeri y'ubuzima hamwe na guverineri w'intara y'iburengerazuba ndetse n'abayobozi b'inzego z'ibanze mu karere ka Rubavu.

Ibiganiro byagarutse ku mayeri atandukanye akoreshwa n'abinjiza, bakanacuruza ibiyobyabwenge mu duce dutandukanye tw'umujyi wa Rubavu ndetse n'ingamba zafatwa mu rwego rwo kubihashya burundu.

Guverineri Alphonse Munyentwari yabwiye abayobozi b'inzego z'ibanze muri Rubavu ko umuyobozi mwiza agomba kuba azi abaturage bose ayoboye, bityo akanafata iya mbere mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko ababicuruza n'ababikoresha ni abaturage bo mu midugudu.

Ibiyobyabwenge birimo ibiro 420 by'urumogi na litiro zirenga 1900 z'inzoga zitemewe byafatiwe mu karere ka Rubavu mu gihe cy'amezi 2 ashize byatwitswe.

Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda CGP Emmanuel Gasana yatangaje ko ibiyobyabwenge byarenze kuba icyaha gusa ahubwo bifatwa nk'umwanzi w'igihugu. Yagize ati: "...Byibasira urubyiruko rwacu kandi iyo urubyiruko rupfuye igihugu kiba cyapfuye."

Urubyiruko rwagaragajwe nk'igice cy'abaturage cyugarijwe harimo n'urumaze kuba imbata z'ibiyobyabwenge bateza igihombo ku miryango yabo bakanadindiza iterambere ry' igihugu muri rusange.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira