AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Rubavu: Gutwaza ba mukerarugendo, umurimo utunze abatari bake

Yanditswe Aug, 31 2022 11:28 AM | 159,246 Views



Hari urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rwishimira iterambere rukesha amahirwe yo guturira Pariki y'Ibirunga arimo no gutwaza abayitemberera. Uru rubyiruko rugaragaza ko ubushobozi rukura mu guturira pariki muri bwazamuye imibereho myiza yabo.

Niyigena Angelique, umwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rutwaza ba mukerarugendo basura Pariki y'Igihugu y’Ibirunga, agaragaza ko guturira iyi pariki ari iby’agaciro kanini kuko nibura buri kwezi akorera amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 200.

Ku gice cya Bugeshi, gutwaza abasura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ni umurimo utunze urubyiruko 38 rurimo abagore 17 n’ abagabo 21. Aba bagenzi ba Niyigena Angelique, na bo bashimangira ko pariki yababereye uburyo bwo kwihangira umurimo,baca ukubiri n’ubukene.

Ndacyayisenga Venuste, umuyobozi wa Koperative y’urubyiruko rutwaza ba mukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, avuga ko, uretse kuba umurimo bakora warafashije abanyamuryango bose kwiteza imbere, ngo banashoboye  kuzigamira ejo hazaza.

Uretse amafaranga uru rubyiruko rukura mu guherekeza abatemberera Parike y’Igihugu y’Ibirunga, rufite na atelier y’ubudozi bakesha inkunga rwahawe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere RDB, binyuze muri gahunda yo gusangiza abaturiye za pariki, inyungu ziva mu bukerarugendo.


UWAMAHORO Jeanne 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira