AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Rubingisa Pudence yatorewe kuba Meya w'Umujyi wa Kigali

Yanditswe Aug, 17 2019 16:25 PM | 11,423 Views



Rubingisa Pudence ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu. Akaba asimbuye Marie Chantal Rwakazina uherutse kugirwa Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi. 

Rubingisa  yahatanaga na Rutera Rose. Akaba ari we wagize amajwi menshi yamuhesheje kujya kuri uyu mwanya. 

Inteko itora y'abantu 94 igizwe n'Abajyanama b'Umujyi wa Kigali, na Biro Nyobozi y'Inama Njyanama z'Imirenge yose ni yo yatoye.

Rubingisa akaba yagize amajwi 71 na ho Rutera agira 22, impfabusa iba imwe,. 

Uyu mugabo yakoze imirimo itandukanye, aho yakoze mu ya hoze ari ISAE Busogo, yakoze muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, ndetse akaba yaranabaye Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y'u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n'imari. 

Rubingisa kuri ubu yakoreraga ikigo cyigenga. 

Amatora ya Komite Nyobozi y'Umujyi wa Kigali yo kuri uyu wa Gatandatu yabimburiwe n'ay'abajyanama bagomba guhagararira uturere mu Nama Njyanama y'Umujyi wa Kigali. 

Dr Jeannette Bayisenge yatorewe kuba Perezida w'Inama Njyanama y'Umujyi wa Kigali, Visi Perezida aba Kayihura Muganga Didas na no Baguma Rose aba Umunyamabanga wayo. 

Umuyobozi wungirije ushinzwe imiturire n'ibikorwaremezo watowe ni Dr NSABIMANA Ernest.

Na ho Umutoni Gatsinzi Nadine atorewe kuba Umuyobozi w'Umujyi wungirije ushinzwe ubukungu n'imibereho myiza. Uyu mudamu aka yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira