Yanditswe Sep, 25 2019 08:53 AM | 5,386 Views
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente arizeza abahinzi ko igihugu kizakomeza gutanga ubufasha bwose bushoboka kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi wiyongere kurushaho. Ibi yabivugiye mu Karere ka Rulindo ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2020 A.
Ubusanzwe igihembwe cy’ihinga A abenshi bita icy’umuhindo gitangira mu mpera z’ukwezi kwa 8. Abahinzi bo mu Karere ka Rulindo bemeza ko iki gihembwe ari cyo kigira umusaruro munini ugereranyije n’ibihembwe 2 bisigaye.
Utereye amaso ku misozi igize aka karere usanga imirima yaramaze gutegurwa, ahandi imyaka yarageze mu mirima. Abahinzi basobanura ko bizeye umusaruro uhagije igihe imvura yagwa neza cyane ko batajya babura isoko kubera ko begereye Umujyi wa Kigali.
Abacuruza inyongeramusaruro, imbuto n’ifumbire basobanura ko zahageze kare bityo ko nta na kimwe kizatuma umusaruro utiyongera muri iki gihembwe cy’ihinga.
Ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga ko iki gihembwe cy’ihinga cyashyizwemo imbaraga kugirango umusaruro wiyongere aho ubuso buhujwe bwavuye kuri hegitari ibihumbi 746 bukagera kuri 776, inyongeramusaruro zikava kuri toni ibihumbi 23 zikagera kuri toni ibihumbi 30 na ho abiyandikisha kuzigura muri gahunda ya smart nkunganire bakagera kuri miliyoni 1 n’ibihumbi 600 bavuye kuri miliyoni 1 n’ibihumbi 200 mu gihembwe nk’iki cy’umwaka ushize.
Umuyobozi Mukuru wa RAB Dr Karangwa Patrick asanga imbaraga zashyizwe mu buhinzi muri uyu mwaka zitanga icyizere ko umusaruro uzaba mwiza.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente watangije igihembwe cy’ihinga 2020A yashimye uruhare abaturage bagira mu gushakisha icyazamura umusaruro w’ubuhinzi.
Yababwiye ko ubuhinzi bwazamutse ku gipimo cya 5% buvuye kuri 4% mu
gihembwe cya 1 cy’uyu mwaka.Abasezeranya ko u Rwanda
ruzakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo umusaruro ukomoka ku buhinzi
uzamuke kurushaho.
Usibye gutangiza igihembwe cy’ihinga, Minisitiri w'Intebe, yasuye ikigo mbonezamikurire cy’abana bato kiri mu Karere ka Rulindo, aho ababyeyi bahererwa inama ku kwita ku mikurire y’abana babo hirindwa ko bagaragarwaho kugwingira n’imirire mibi.
Yasuye kandi ibigo bitandukanye
by’abikorera bibyaza umusaruro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi muri aka karere
aho yasobanuriwe uruhare bifite mu guteza imbere akarere muri rusange harimo no
gutanga akazi.
Inkuru mu mashusho
Jean Claude MUTUYEYEZU
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru