Yanditswe Mar, 22 2023 13:29 PM | 52,665 Views
Mu Murenge wa Giheke w’Akarere
ka Rusizi hari Akagari kitwa Cyendajuru katagira ishuri na rimwe,none ababyeyi
baho bavuze ko bamaze igihe bahangayikishijwe bikomeye n’urugendo rurerure
abana babo bakora barimo n’abiga mu y’incuke.
Ubuyobozi bw’akarere bwavuze ko aka kagari kari muri site 17 zigiye kubakwaho amashuri mashya vuba
Cyendajuru ni ko kagari gasigaye muri uyu murenge wa Giheke kadafite ishuri yaba iry’incuke cyangwa iribanza. Abana baho bakora urugendo rw’isaha irenga bajya kwiga ku rwunge rw’amashuri rwa Saint Augustin ruri mu kandi Kagari kitwa Giheke.
Iyo abana bahagurutse bagiye kwiga ababyeyi imitima isigara ihagaze by’umwihariko abo mu midugudu ya Burembo na Kabeza yitaruye indi cyane muri aka kagari.
Nyuma yo kubura uko babigenza, incuke babaye bazishyize mu biro by’akagari ku batuye hafi y’aho kubatse.
Iki kibazo kandi cyongera gukomezwa n’imiterere y’uyu murenge udafite umuhanda n’umwe ukoze ku buryo bisaba mwarimu wabo kubiherekereza akamenya ko bageze iwabo cyane cyane iyo imvura yaguye.Ubuyobozi muri aka kagari ka Cyendajuru buhora mu mwitozo wo gushakisha abavuye mu ishuri nk’uko twabihamirijwe na Nshimiyimana Noheli uyobora akagari.
Akarere kavuze ko mu kagari ka Cyendajuru hazajya ishuri muri gahunda ihari yo kubaka amashuri mashya yandi hirya no hino muri aka karere.
Akarere ka Rusizi umwaka ushize kubatse ibyumba by’amashuri bigera kuri 700, n’ubwiherero 1600. Nikubaka ayo mashuri mashya 17 kazaba kagabanyije umusonga kuko hari n’andi mashuri nka GS St Bruno yagaragaje ko ubwinshi bw’abana afite bwakemurwa no kubaka ibinni bigo bishya. Gahunda ya leta ni uko muri buri kagari hagomba kujya ishuri nibura rimwe kugira ngo abana be gukora urugendo rurerure.
Theogene TWIBANIRE
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru