Yanditswe Nov, 06 2018 22:16 PM | 10,596 Views
Ministri
w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye abayobozi b’inzego
z’ibanze mu Karere ka Rusizi kunoza imikorere n’imikoranire hagati yabo no
kwegera abaturage kugira ngo iterambere ry’aka karere ryihute. Ibi Ministri
w’ubutegetsi bw’igihugu yabisabye ubwo yagiriraga uruzinduko mu karere ka
Rusizi, aho yasuye ibikorwa bitandukanye by’amajyambere muri aka karere.
Imibare igaragaza ko Akarere ka Rusizi kugeza ubu gatuwe n’abaturage basaga ibihumbi 400, muri bo abasaga 40% babarirwa mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe. Imibare igaragaza kandi ko muri abo baturage abarenga 35% ni abakene muri bo abarenga 10% ni abakene cyane nyamara aka karere gafite amwe mu mahirwe yagafasha kwiteza imbere nk’ikiyaga cya Kivu, pariki y’igihugu ya Nyungwe, imipaka igahuza n’igihugu cya DRC icaho abantu bakabakaba ibihumbi 30 ku munsi biganjemo abakora ubushabitsi butandukanye, ubutaka bwera n’ibindi.
Aha
ni ho ministri w’ubutegetsi bw’igihugu Prof SHYAKA Anastase ahera asaba
abayobozi bose b’inzego za leta mu karere ka Rusizi kongera gusubira ku
mwimerere w’abanyarwanda mu kwishakamo ibisubizo, bakegera abaturage bakananoza
imikorere n’imikoranire bakoresheje uwo mwimerere kugira ngo ibibazo byose
bikibangamiye iterambere ry’umuturage bikemuke.
Abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku kagari bari mu nama na ministri w’ubutegetsi bw’igihugu bavuga ko kwihugiraho ubwabo ari kimwe mu bituma bategera abaturage ngo babakorere banakorane nabo uko bikwiye.
Mu ruzinduko rwe mu karere ka Rusizi, ministiri w’ubutegetsi bw’igihugu yasuye imipaka ya Rusizi ya 1 n’iya 2 agaragarizwa ibibazo bikigaragara mu bucuruzi buyikorerwaho birimo icyo kubura abantu bakorera mu nyubako 2 z’ubucuruzi zuzuye ku mupaka wa Rusizi ya 1.
Ministri yagiriye inama ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ko bwakwicarana n’abikorera bagashakira hamwe kandi mu bushishozi ibisubizo by’ibyo bibazo hatabangamiwe ubucuruzi bukorerwa kuri iyo mipaka n’ubukorerwa mu mujyi wa Rusizi. Ministri w’ubutegetsi bw’igihugu kandi yanasuye hotel Kivu MARINA Bay imaze imyaka irenga 4 yubakwa, imirimo yo kuyubaka ikaba yaradindiye mu gihe ababishinzwe bagiye batangaza kenshi igihe izaba yarangiriye kubakwa ariko na n’ubu ikaba itararangira.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru