AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Rutsiro: Polisi ifunze abantu 5 bacuruza amabuye y'agaciro bitemewe n'amategeko

Yanditswe Aug, 11 2016 10:14 AM | 3,201 Views



Police y'u Rwanda ifunze abantu 5 bakekwaho gukora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranije n'amategeko.

Abagore 2 n'abagabo 3 bafatiwe mu karere ka Rutsiro ubwo police yaho yakoraga umukwabu mu murenge wa Rusebeya.

Police kandi yabafatanye ibiro 1438 bya gasegereti na 702 bya coltan.

Uyu mukwabu wari wakozwe mu rwego rwo kurwanya ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko ndetse no gukumira iyangizwa ry'ibidukikije ribuherekeza.

Police ivuga ko abo bantu baba batumwe n'abagura amabuye y'agaciro kujya kuyabacukurira mu birombe, noneho bagaruka bakabaha amafaranga.

Nk'uko biri ku rubuga rwa police y'u Rwanda, umuntu wese ufatiwe mu bikorwa birebana no gushakisha cg kugurisha amabuye y'agaciro atubahirije amategeko abigenga, ahanishwa igifungo gishobora kugera ku mwaka n'ihazabu y'amafranga ari hagati ya miliyoni 3 na miliyoni 10.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize