AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

RwandAir yitezweho kongera abashoramari bo muri Israel mu Rwanda

Yanditswe Jun, 26 2019 23:34 PM | 7,196 Views



Bamwe mu bashoramari  bo mu gihugu cya Israel basanga ingendo za Rwandair mu gihugu cyabo zizatuma ishoramari ryabo rirushaho kwiyongera mu Rwanda by’umwihariko no muri Afurika muri rusange.

Ibi babigaragaje ku mugoroba ku wa Kabiri mu gitaramo cyo kwakira ku mugaragaro sosiyete ya Rwandair i Tel Aviv muri Israel.

Umujyi wa tel aviv ugaragaramo ibikorwa byinshi by’iterambere bikomoka ku ngufu zashyizwe mu ishoramari mu  gihugu cya Israel.


Abashoramari bo muri iki gihugu bavuga ko kuba Rwandair itangije ingendo Kigali-Tel Aviv bigiye gutuma ishoramari ryabo ryiyongera mu Rwanda n’ahandi henshi muri afurika.

Uwitwa Daniel avuga ko avuga ko afite umugambi wo gushora imari muri Afurika, aho asanga bizamworohera kubera RwandAir.

Ati “Ntekereza ko iki ari igikorwa cyiza cyane kizafasha ba rwiyemezamirimo b'impande zombi gukorana bakagera ku bintu bihambaye.

Na ho Boaz Wasman avuga ko abashoramari benshi bari bategereje icyo cyerekezo aho bizatuma ishoramari ryiyongera ndetse n’ubukerarugendo.

Mu birori byo kwakira ku mugaragaro Rwandair i Tel Aviv, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'ubutwererane Urujeni Bakuramutsa yavuze ko kwaguka kwa Rwandair bigiye gutuma u Rwanda na Israel birushaho gutera imbere cyane ko binahuriye kuri byinshi.

Yagize ati “U Rwanda na Israel bisangiye icyerekezo cyo kwiyemeza kurenga amateka mabi no kubaka ahazaza heza ku baturage babyo. kuba Rwandair yageze hano birashimangira ubushake bwa guverinoma zacu bwo kwagura ubutwererane mu nzego nshya zirimo ubukerarugendo,ubucuruzi,ubucuti hagati y'abaturage byose bizatuma ubutwererane bwacu bukomera.”


Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Ron Adam yagaragaje ko iterambere ry'u Rwanda rizakomeza kwiyongera kubera icyerekezo cyiza rufite, aho yashimangiye ko rufite umuyobozi mwiza, Perezida Paul Kagame ureba kure kandi agakemura n’inzitizi izo ari zo zose.

Umuyobozi mukuru wa Rwandair Yvonne MANZI Makolo yavuze  ko nyuma ya Tel aviv hagiye gutangizwa n’ibindi byerekezo bishya birimo Louanda muri Angola, Adis Abeba muri Etiyopiya ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Inkuru ya Jean Damascene MANISHIMWE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama