Yanditswe Mar, 19 2023 17:09 PM | 43,496 Views
Kuri iki Cyumweru, Leta y’u Rwanda n’iy’ Ubwongereza zatangije umushinga wa miliyari 60 z’amanyarwanda wo kubaka inzu zigera ku 1500 zigenewe gutuzwamo abimukira baturutse mu Bwongereza, hamwe n’abanyarwanda b’ingeri zitandukanye.
I Gahanga mu Mujyi wa Kigali ni hamwe mu hazatuzwa abimukira bazataruka mu Bwongereza. Bazaba baturanye n’Abanyarwanda, abaturage b’igihugu kiyemeje gutanga umusanzu mu gukemura ikibazo cy’abimukira ku isi.
Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman na Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda Dr. Ernest Nsabimana, nibo bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu 1500 ku buso bwa hegitari 12.
Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere kigizwe n’inzu zisaga 500 kizuzura mu mezi atandatu ari imbere. Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr. Ernest Nsabimana, avuga ko uyu mushinga uzaba ukomatanyije ibikorwa bitandukanye bizagira uruhare mu iterambere ry’abazaba batuye aha hantu.
Mbere yo kujya gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakirwa abimukira n’abandi baturage bo mu Rwanda, Ministiri w'Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman yabanje kwifatanya n’urubyiruko mu kwizihiza umunsi wahariwe Umuryango w’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongerezawa CommonWealth.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu 10 bigize uyu muryango, rwitabiriye imurikabikorwa ryateguwe mu rwego rwo kwizihiza uyu munsi.
Ministiri Suella Braverman yasuye kandi ishuri rya Kepler riherereye mu Karere ka Gasabo. Iri shuri rifite umwihariko wo kuba 25% by’abaryigamo bafite sitati y’ubuhunzi. Minisitiri w’Uburezi Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko iri shuri ari igihamya cy’uburezi budaheza.
Ibibazo u Rwanda rwanyuzemo bijyanye n’ubuhunzi ndetse n’umusanzu warwo mu gufasha abimukira n’abasaba ubuhingiro batesekeraga muri Libya bashaka kujya i Burayi, ni kimwe mu byatumye u Bwongereza burubona nk’umufatanyabikorwa wizewe mu gutorera umuti ikibazo cy’abimukira cyugarije isi ,n’u Bwongereza by’umwihariko.
Kwizera Adamz
Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove
Jun 06, 2023
Soma inkuru
Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw’amazi rwa Nzove
...
Jun 05, 2023
Soma inkuru
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru