AGEZWEHO

  • Rutsiro: Miliyari 2 zigiye gukoreshwa mu gusana umuhanda Kivu Belt – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Abantu 7 bakubishwe n'inkuba umwe arapfa – Soma inkuru...

Rwanda-Uganda: abakora muri Parike z’Ibirunga barifuza ubufatanye mu kwita ku nyamaswa

Yanditswe May, 28 2023 19:09 PM | 35,907 Views



Rwanda-Uganda: abakora muri Parike z’Ibirunga barifuza ubufatanye mu kwita kunyamaswa

Abakora muri za Parike zihuriweho n’u Rwanda na Uganda barifuza ko hasubukurwa ibikorwa byo kugenzurira hamwe ibinyabuzima biri muri  izo parike hirindwa  ko inyamaswa zo mu gihugu kimwe zazimirira mu kindi.

Parike y’Igihugu ya Uganda yo MGahinga ihana imbibi na Parike y’Igihugu y’Ibirunga y’ u Rwanda, iyo uyinjiyemo bisaba isaha irenga ushakisha inyamaswa z’inkima zirenga 1 500 zikunze gusurwa n’abakerarugendo.

Nubwo bimeze bityo ariko izi nkima ngo hari ubwo zambuka zikaza muri Pariki y'Ibirunga  y'u Rwanda nk'uko Kisenyi Lawrence Umurinzi w’iyi parike yabitangaje.

Uruhande rw'u Rwanda narwo rugaraza ko rimwe na rimwe inyamaswa ziganjemo ingagi zo mu birunga hari ubwo zirenga imipaka zikajya mu gihugu cya Uganda.

Ibituma hakenewe ubufatanye mu kugenzurira hamwe urusobe rw ‘ ibinyabuzima biba muri izi pariki.

Umuryango uhuza ibi bihugu byombi hamwe na RD Congo, Greater Virunga Transboundary collaboration mu kubungabunga icyanya cya parike zihuriweho n’ibi bihugu wiyemeje gukora ubuvugizi ngo usabe ibihugu kumva akamaro buri ruhande ruzungukira mu kugenzurira hamwe ibibera muri izi parike .

Icyakora ukagaragaza ko bafite inzitizi zirimo umutekano muke muri Repubulika ya Congo wanagize ingaruka zikomeye mu kubungabunga Parike ya Virunga, ihana imbibi n’iyi Birunga y’u Rwanda ndetse niyo Mgahinga ya Uganda.


Fred Ruterana




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF