AGEZWEHO

  • Amerika yakebuwe ku kwinangira gukoresha imvugo nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...

Rwandair yongeye kugura indi ndege nshya yakorewe muri Amerika

Yanditswe Nov, 16 2016 13:07 PM | 3,022 Views



Indege nshya yo mu bwoko bwa Boeing B737-800NG ya Rwandair itegerejwe I Kigali kuri uyu wa 3.

Rwandair yatangaje ko iyi ndege yiswe “Kalisimbi” iri mu nzira iza I Kigali, nyuma yo guhaguruka ejo hashize mu mujyi wa Seattle muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Mu masaha ya mbere ya saa sita iyi ndege “Kalisimbi” itwara abagenzi 154, yarimo iva I Athens mu Bugereki, yerekeza I Kigali.

Iyi ndege B737-800NG itegerejwe I Kigali nyuma y’ukwezi gushize Rwandair yakiriye indi ndege nini yo mu bwoko bwa Airbus A330-200.

Cyokora Rwandair yatangaje ko mu kwezi kwa 5 k’umwaka utaha wa 2017, izakira indi ndege nk’iyo yo mu bwoko bwa Boeing B737-800NG yiswe “Muhabura” nayo yakorewe muri leta zunze ubumwe z’Amerika.

Rwandair ivuga ko kugura izi ndege bitumye u Rwanda ruba urwa mbere muri Afrika ndetse n’urwa kabiri ku isi yose mu bihugu bifite indege z’ubwo bwoko.

Mu kwezi kwa 9 uyu mwaka, Rwandair yatangije ingendo zayo zerekeza i Cotonou muri Benin, mu gihe cya vuba kandi ngo izanatangiza ingendo zerekeza i Abidjan muri Côte d’Ivoire. Izo ngendo zombi ngo zizajya zikorwa n’indege nshya B737-800NG.

RwandAir igiye kwagura ingendo zayo ahantu 19 hirya no hino muri Afurika, kuko yari isanzwe yerekeza mu mujyi 17.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #