Yanditswe Aug, 10 2022 16:08 PM | 125,706 Views
Kuri uyu wa Gatatu, Inteko
rusange ya Sena yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rigenga itora ry’Abadepite b’u
Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Uyu
mushinga w'itegeko ngenga uteganya ko abadepite bazahagararira u Rwanda mu
nteko ishinga amategeko y’umuryango wa EAC bazajya
batangwa n'imitwe ya politike yemewe mu Rwanda no mu byiciro byihariye by’urubyiruko,
abagore n'abafite ubumuga.
Inteko rusange ya Sena yashatse kumenya impamvu uyu mushinga w'itegeko utemera abakandida bigenga mu matora y'abadepite bazahagararira u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba.
Senateri Evode Uwizeyimana yagize ati "Iyo urebye ibindi byiciro by'amatora kuva ku matora ya Perezida wa Repubulika, ay'abadepite, muri Sena, n'ahandi hose hari ikiciro cy'abakandida bigenga kijya kibaho, tukibaza rero impamvu ibi biri muri iri tegeko."
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wari uhagarariye Guverinoma yateguye uyu mushinga w'itegeko, avuga ko kwemerera abantu ku giti cyabo kwitangaho abakandida muri aya matora byazatekerezwa ubundi kuko muri iki gihe bisa n'ibyagorana.
Yagize ati "Si
ugukumira abakandida bigenga kuko nk'uko nawe ubyumva icyashyizwe imbere ni
imitwe ya politike aho abantu bahuriza ibitekerezo ari benshi kugira ngo ijwi
ryabo ryumvikane, ariko noneho na constituency yabo iroroshye, ni
ukuvuga Inteko yatora umukandida wigenga kugira ngo hazaboneke umukandida uza mu
nteko rusange uzatorwa nk'umukandida wigenga."
"Urumva ni ibintu bitoroshye, byasaba ko abanyarwanda bose batora uwo muntu wigenga, ariko mu bindi byiciro byo biroroshye, ubwo ni intambwe abantu bagenda batera, ariko nagirango mbisobanure ko ari icyo cyagendeweho."
Biteganijwe ko amatora y'abadepite b'Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba azaba mu kwezi gutaha kwa Nzeri, hakazaba habura amezi atatu ngo abadepite bahagarariye ibihugu bya Kenya, Tanzania, Uganda, Sudani y'epfo, u Burundi n'u Rwanda basoze manda yabo y'imyaka itanu.
Buri gihugu kinyamuryango gihagararirwa n’abadepite 9 mu nteko ishinga amategeko y'umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, kuri ubu kigizwe n’ibihugu 7.
Jean Paul MANIRAHO
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Banki nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigikira
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza - MINALOC
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo
May 31, 2023
Soma inkuru
Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
May 31, 2023
Soma inkuru
Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu korohereza ishoramari
...
May 31, 2023
Soma inkuru