Yanditswe Aug, 10 2022 16:08 PM | 126,253 Views
Kuri uyu wa Gatatu, Inteko
rusange ya Sena yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rigenga itora ry’Abadepite b’u
Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Uyu
mushinga w'itegeko ngenga uteganya ko abadepite bazahagararira u Rwanda mu
nteko ishinga amategeko y’umuryango wa EAC bazajya
batangwa n'imitwe ya politike yemewe mu Rwanda no mu byiciro byihariye by’urubyiruko,
abagore n'abafite ubumuga.
Inteko rusange ya Sena yashatse kumenya impamvu uyu mushinga w'itegeko utemera abakandida bigenga mu matora y'abadepite bazahagararira u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba.
Senateri Evode Uwizeyimana yagize ati "Iyo urebye ibindi byiciro by'amatora kuva ku matora ya Perezida wa Repubulika, ay'abadepite, muri Sena, n'ahandi hose hari ikiciro cy'abakandida bigenga kijya kibaho, tukibaza rero impamvu ibi biri muri iri tegeko."
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wari uhagarariye Guverinoma yateguye uyu mushinga w'itegeko, avuga ko kwemerera abantu ku giti cyabo kwitangaho abakandida muri aya matora byazatekerezwa ubundi kuko muri iki gihe bisa n'ibyagorana.
Yagize ati "Si
ugukumira abakandida bigenga kuko nk'uko nawe ubyumva icyashyizwe imbere ni
imitwe ya politike aho abantu bahuriza ibitekerezo ari benshi kugira ngo ijwi
ryabo ryumvikane, ariko noneho na constituency yabo iroroshye, ni
ukuvuga Inteko yatora umukandida wigenga kugira ngo hazaboneke umukandida uza mu
nteko rusange uzatorwa nk'umukandida wigenga."
"Urumva ni ibintu bitoroshye, byasaba ko abanyarwanda bose batora uwo muntu wigenga, ariko mu bindi byiciro byo biroroshye, ubwo ni intambwe abantu bagenda batera, ariko nagirango mbisobanure ko ari icyo cyagendeweho."
Biteganijwe ko amatora y'abadepite b'Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba azaba mu kwezi gutaha kwa Nzeri, hakazaba habura amezi atatu ngo abadepite bahagarariye ibihugu bya Kenya, Tanzania, Uganda, Sudani y'epfo, u Burundi n'u Rwanda basoze manda yabo y'imyaka itanu.
Buri gihugu kinyamuryango gihagararirwa n’abadepite 9 mu nteko ishinga amategeko y'umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba, kuri ubu kigizwe n’ibihugu 7.
Jean Paul MANIRAHO
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru