Yanditswe Mar, 22 2023 13:10 PM | 53,675 Views
Bamwe mu baturage hirya no
hino mu gihugu barasaba ko hakorwa ubugenzuzi bwimbitse ku nzu
zitunganyirizwamo imisanzi cyane cyane abogoshi kuko hari abakomeje gukurizamo
uburwayi kubera ubuziranenge bwazo.
Ikigo gishinzwe gutsura ubuziranenge kigaragaza ko saloon de coiffure 2 mu Rwanda ari zo zifite ibirango by’ubuziranenge.
Muri izi nzu zitunganyirizwamo ubwiza harimo izogosha, izitunganya inzara ndetse n’izifasha abakeneye serivisi zo gusuka no kudefiriza imisatsi.
Mbarubukeye Cleophas umuturage mu Karere ka Huye amaze amezi 6 agiye kwiyogoshesha kuri imwe mu nzu zitanga iyi serivisi ariko yahakuye uburwayi bwatumye ajya kwa muganga ku buryo n’ubu atarakira.
Umunsi ku wundi hirya no hino mu gihugu hagenda hatangizwa inzu zitangirwamo serivisi zo gutunganya imisatsi. Icyakora izifite ibyangombwa by’ubuziranenge ni 2 gusa, zikaba zikorera mu Karere ka Huye.
Rukundo SANKARA uyobora imwe muri izi nzu zitanga serivise z’ubwiza ndetse zashoboye kubona icyakombwa cy’ubuziranenge avuga ko hari inyungu babibonamo cyane cyane kugirirwa ikizere n’abashaka serivise mu kubarinda ingaruka.
Kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza y’ubuziranenge mu nzu zitunganiyizwamo ubwiza bikorwa n’ikigo gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi RICA ku bufatanye n’inzego zibanze.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Huye ushinzwe iterambere ry’ubukungu Kamana Andre avuga ko bakomeje gushyira imbaraga mu kwigisha abatanga izi serivisi gushaka ibyangombwa by’ubuziranenge.
Umuyobozi ushinzwe gahunda ya zamukana ubuziranenge mu kigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge Hagenimana Eric avuga ko hakozwe amahugurwa ku batanga serivisi z’ubwiza aho mu Mujyi wa Kigali n’imijyi yunganira Kigali hahuguwe abakora muri saloon 117 ariko ngo umubare w’ababonye ibyangombwa by’ubuziranenge uracyari hasi.
Jean Paul TURATSINZE
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru