AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

‘Salon de Coiffure’ 2 gusa ni zo zujuje ubuziranenge mu Rwanda- RSB

Yanditswe Mar, 22 2023 13:10 PM | 53,675 Views



Bamwe mu baturage hirya no hino mu gihugu barasaba ko hakorwa ubugenzuzi bwimbitse ku nzu zitunganyirizwamo imisanzi cyane cyane abogoshi kuko hari abakomeje gukurizamo uburwayi kubera ubuziranenge bwazo.

Ikigo gishinzwe gutsura ubuziranenge kigaragaza ko saloon de coiffure 2 mu Rwanda ari zo zifite ibirango by’ubuziranenge.

Muri izi nzu zitunganyirizwamo ubwiza harimo izogosha, izitunganya inzara ndetse n’izifasha abakeneye serivisi zo gusuka no kudefiriza imisatsi.

Mbarubukeye Cleophas umuturage mu Karere ka Huye amaze amezi 6 agiye kwiyogoshesha kuri imwe mu nzu zitanga iyi serivisi ariko yahakuye uburwayi bwatumye ajya kwa muganga ku buryo n’ubu atarakira.

Umunsi ku wundi hirya no hino mu gihugu hagenda hatangizwa inzu zitangirwamo serivisi zo gutunganya imisatsi. Icyakora izifite ibyangombwa by’ubuziranenge ni 2 gusa, zikaba zikorera mu Karere ka Huye.

Rukundo SANKARA uyobora imwe muri izi nzu zitanga serivise z’ubwiza  ndetse zashoboye kubona icyakombwa cy’ubuziranenge avuga ko hari inyungu babibonamo cyane cyane kugirirwa ikizere n’abashaka serivise mu kubarinda ingaruka.

Kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza y’ubuziranenge mu nzu zitunganiyizwamo ubwiza bikorwa n’ikigo gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi RICA ku bufatanye n’inzego zibanze.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Huye ushinzwe iterambere ry’ubukungu Kamana Andre avuga ko bakomeje gushyira imbaraga mu kwigisha abatanga izi serivisi gushaka ibyangombwa by’ubuziranenge.

Umuyobozi ushinzwe gahunda ya zamukana ubuziranenge mu kigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge Hagenimana Eric avuga ko hakozwe amahugurwa ku batanga serivisi z’ubwiza aho mu Mujyi wa Kigali n’imijyi yunganira Kigali hahuguwe abakora muri saloon 117 ariko ngo umubare w’ababonye ibyangombwa by’ubuziranenge uracyari hasi.

Jean Paul TURATSINZE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura