AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Sena y'u Rwanda yarebeye hamwe amategeko rusange agenga ibigo bya leta

Yanditswe Apr, 16 2018 11:56 AM | 19,196 Views



Abasenateri bahuriye mu nteko rusange y'igihembe kidasanzwe yari yatumiwemo minisitiri w'abakozi ba Leta n'umurimo Mme RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, ubwo basuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rishyiraho amategeko rusange agenga ibigo bya Leta.

Impamvu z’uyu mushinga ni ukongera igihe cyateganywaga n’Itegeko Ngenga ryo ku wa 20/04/2016 rishyiraho amategeko rusange agenga ibigo bya Leta, kuko byagaragaye ko icyo gihe kiri hafi kurangira kandi hakiri ibigo bitarahuza amategeko yabyo n’ibiteganywa muri iri tegeko ngenga.

Ubu ayo mategeko y'ibigo agomba kuba yahujwe n’iri tegeko ngenga mu gihe kitarenze imyaka 2 uhereye igihe rizatangarizwa mu igazeti ya Leta. Kugeza ubu ibigo 9 bya Leta  bisanzweho ni byo byahuje amategeko yabyo n'itegeko ngenga, naho ibigo 8 byashyizweho hashingiwe kuri ryo.

Inteko rusange ya Sena yemeje ishingiro ry'uyu mushinga w'itegeko ngenga ndetse iranaritora. Nyuma yo gutora uyu mushinga w'itegeko, Perezida wa senat Hon Bernard Makuza yasoje imirimo y'inteko rusange y'uyu munsi, anatangaza ko igihembwe kidasanzwe na cyo gisojwe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira