Yanditswe Apr, 16 2018 11:56 AM | 19,196 Views
Abasenateri bahuriye mu nteko rusange y'igihembe kidasanzwe yari yatumiwemo minisitiri w'abakozi ba Leta n'umurimo Mme RWANYINDO KAYIRANGWA Fanfan, ubwo basuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rishyiraho amategeko rusange agenga ibigo bya Leta.
Impamvu z’uyu mushinga ni ukongera igihe cyateganywaga n’Itegeko Ngenga ryo ku wa 20/04/2016 rishyiraho amategeko rusange agenga ibigo bya Leta, kuko byagaragaye ko icyo gihe kiri hafi kurangira kandi hakiri ibigo bitarahuza amategeko yabyo n’ibiteganywa muri iri tegeko ngenga.
Ubu ayo mategeko y'ibigo agomba kuba yahujwe n’iri tegeko ngenga mu gihe kitarenze imyaka 2 uhereye igihe rizatangarizwa mu igazeti ya Leta. Kugeza ubu ibigo 9 bya Leta bisanzweho ni byo byahuje amategeko yabyo n'itegeko ngenga, naho ibigo 8 byashyizweho hashingiwe kuri ryo.
Inteko rusange ya Sena yemeje ishingiro ry'uyu mushinga w'itegeko ngenga ndetse iranaritora. Nyuma yo gutora uyu mushinga w'itegeko, Perezida wa senat Hon Bernard Makuza yasoje imirimo y'inteko rusange y'uyu munsi, anatangaza ko igihembwe kidasanzwe na cyo gisojwe.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
1 hour
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru