Yanditswe May, 27 2016 16:23 PM | 4,683 Views
Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 2 ziri mu butumwa bw’amahoro mu Muryango w’Abibumbye i Malakal muri Sudani y'Epfo (UNMISS), ku itariki ya 25 Gicurasi 2016 bambitswe imidali y’ishimwe ya UN mu bijyanye no kubungabunga amahoro.
Umuyobozi mukuru mu muhango wo kwambikwa imidari, Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za UNMISS, Maj. Gen Chaoying Yang yagaragaje ubwitange bw’ingabo z’u Rwanda mu kazi zikora kinyamwuga uburyo bitwara mu kurinda abaturage ba Malakal. Aho yatanze urugero ku buryo ingabo z’u Rwanda zarinze abaturage igihe habaga ibikorwa bibi ku itariki ya 17 na 18 kuri iyi nkambi ya Malakal, abashimira ko bagaragaje ubwitange bakaburizamo imigambi y’ibikorwa bibi byashoboraga gutuma bamwe babura ubuzima bwabo.
General Yang yakomeje abwira abambitswe imidaari y’ishimwe bo mu ngabo z’u Rwanda zo muri Batayo ya 2, ko imidari ya UN bambitswe ari igihembo cyihariye cy’ishimwe kigaragaza uburyo Ingabo z’u Rwanda zikorana umurava akazi
Umuyobozi w’ingabo za Batayo ya 2, Lt Col Edgar Mugabe Safari mu ijambo rye yagejeje ku bari aho yavuze ko iyo myitwarire myiza ku kazi bayikomora ku ndangagaciro ka za RDF zirimo ubwitange, umurava no gukunda igihugu.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
2 hours
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
3 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
4 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru