Yanditswe May, 14 2019 13:38 PM | 5,075 Views
I Kigali hatangiye inama nyafurika ku ikoranabuhanga izwi ku
izina rya Transform Africa, kuri uyu wa Kabiri, tariki 14 Gicurasi 2019.
Atangiza ihuriro ku bukungu muri iyi nama, Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard NGIRENTE yagaraje ko kuba umugabane wa Africa ufite umubare munini w'urubyiruko, ari amahirwe ku iterambere ry'urwego rw'ikoranabuhanga n'ubukungu bw'umugabane muri rusange.
Minisitiri w'Intebe yagaragaje mu myaka 10 ishize, urubyiruko rwa Africa rumaze kwiyongeraho miliyoni 140, kandi ko mbere y'umwaka wa 2030 Afurika izaba ifite miliyari y'urubyiruko ruri munsi y'imyaka 25.
Yavuze ko ikoranabuhanga ari igisubizo ku kibazo cy'ubushomeri n'ubukungu, asaba abitabiriye iyi nama gutanga ibitekerezo ku buryo ikoranabuhanga muri Africa ryarusha gutera imbere.
Ihuriro ku bukungu ribera mu nama ya Transform Africa ni ryo ribimburiye ayandi mahuriro azakurikiraho, harimo ihuriro ry'abayobozi n'iry'abagore.
Ibiganiro bibera muri iyi nama ya Transform Africa ibaye ku nshuro ya 5, biribanda ku iterambere ry'ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga ku mugabane wa Africa.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru