AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

TradeMark Africa irateganya kubaka ikiraro mu Kivu

Yanditswe Sep, 30 2022 17:09 PM | 151,088 Views



Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente yakiriye David Beer umuyobozi mukuru mushya wa Trademark Africa. Ibiganiro bagiranye bikaba byibanze ku koroshya ubucuruzi n'ubuhahirane mu karere ndetse no guteza imbere ubukugu.

Nyuma yo kwakirwa na Minisitiri w’Intebe, Umuyobozi mukuru wa Trademark Africa David Beer yavuze ko igihe Trademark Africa imaze ikorera mu Rwanda hari byinshi byagezweho kandi bigamije koroshya ubucuruzi n'ubuhahirane mu karere

Yagize ati “Kuva mu mwaka wa 2010 Trademark East Africa ishingwa yakoreye mu Rwanda kandi yageze ku ntego zayo dushima ubufatanye hagati ya Leta y'u Rwanda ndetse n'inzego z'ubucuruzi mu Rwanda. Dushima ko ubu igihe ibicuruzwa byambukiranya imipaka byamaraga bitaragera mu Rwanda cyagabanutse. Dushima kandi uburyo ubucuruzi bw'u Rwanda bwihagazeho mu mu karere ndetse no ku isi yose. Ubu rero twarimo kubaka umupaka uhuriweho i Rusizi. Turateganya no kubaka ibiraro mu kiyaga cya Kivu, twiteze ko bizatanga umusaruro mwiza ku bucuruzi bwo mu Rwanda ndetse no mu karere.

Kuba kuri ubu trademark ikorera no mu bindi bice bya Afurika,  Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome avuga ko ari amahirwe akomeye ku Rwanda ku isoko rusange rya Afurika,

Intego nyamukuru ya TradeMark Africa ni ugutera inkunga imishinga igamije kubaka ibikorwa remezo byoroshya ubucuruzi. Iyi mishinga yose ikaba imaze gutwara ingengo y'imari ingana na miliyoni 115 $.


MBABAZI Dorothy



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize