Yanditswe Apr, 17 2021 14:21 PM | 29,373 Views
Ikigo cy’Abayapani gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga,
JICA cyahaye ikigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro, RRA ibikoresho bizifashishwa mu kugenzura ibikorwa
by'ubucuruzi bikorerwa ku mipaka u Rwanda ruhuriraho n'ibihugu byo mu karere.
Ni ibikoresho birimo ubwato bugenzura ibicuruzwa binyura mu kiyaga cya Kivu, imodoka ebyiri, icyuma cyigenzura imizigo, X-ray baggage Scanner, ndetse n'ibindi bikoresho byo kwirinda Covid 19 birimo imiti isukura intoki ndetse n'udupfukamunwa.
Ibi bikoresho byose bifite agaciro k’ibihumbi 760 by'amadolari ya Amerika.
Komiseri mukuru wa RRA, Bizimana Ruganintwali Pascal yemeza ko kuba imisoro ari kimwe mu bifatiye runini ubukungu bw'igihugu, ibi bikoresho bije kongera imbaraga mu micungire y'ibicuruzwa bica ku mipaka y'u Rwanda, n'uburyo bishoreshwamo mu rwego rwo kurwanya magendu ikorerwa hirya no hino ku mipaka.
Yagize ati “Ibi bikoresho bije kongera ubushobozi RRA ngo irusheho gukusanya amafaranga y’imisoro ari nayo afasha igihugu, izi modoka zizajya zifashishwa kurikirana ubu buryo bwa magendu mu gihe ubwato bwo buri mu mazi.”
Bizimana avuga ko magendu isanzwe iriho, hakaba hari ikorerwa ku butaka ariko hari n’ikorerwa mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, ubu butwato bukaba bugiye gufasha gukurikirana magendu byoroha cyane.
Ambasaderi w'Ubuyapani mu Rwanda, Imai Masahiro avuga ko batekereje guha ibi bikoresho u Rwanda mu rwego rwo gukomeza ubufatanye u Rwanda rusanzwe rufitanye n'Ubuyapani, mu nzego zitandukanye kandi ko ubu bufatanye na leta y'u Rwanda buzakomeza gutezwa imbere.
Yagize ati ''U Rwanda ni izingiro ry'akarere k'ibiyaga bigari, nka guverinimo y'Ubuyapani dufata u Rwanda nk'igihugu cy'ingenzi cyane mu karere, iyi niyo mpamvu twifuza ko u Rwanda rukomeza gukora ibyo rukora nk'ubucuruzi mu mutekano usesuye.”
Avuga ko uwo mutekano mu bucuruzi ari ingenzi cyane, akaba aribyo biri gutuma bakomeza gufasha ikigo cy'imisoro n'amahoro mu kugiha ibikoresho bikoreshwa ku mipaka.
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Banki nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigikira
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza - MINALOC
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo
May 31, 2023
Soma inkuru
Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
May 31, 2023
Soma inkuru
Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu korohereza ishoramari
...
May 31, 2023
Soma inkuru