Yanditswe Apr, 20 2022 15:01 PM | 68,449 Views
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Sena Dr
Iyamuremye Augustin yakiriye ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Misfer Faisal Al-Shahwani, baganira ku mubano w’ibihugu
byombi baniyemeza gukomeza kuwagura.
Ambasaderi Misfer Faisal Al-Shahwani yavuze ko Inteko Ishinga Amategeko ya Qatar ikeneye ubunararibonye bw'imitwe yombi y'Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, kugira ngo irusheho gukorera abaturage no kubahagararira.
Yagize ati “Mu by'ukuri nishimiye kugera muri iyi nyubako, mubiganiro na na perizida wa Sena byagarutse ku mibanire y'ibihugu byacu byombi kandi twemeranijwe gushimangira umubano hagati y’Inteko zishinga amategeko muri ibyo bihugu byombi, kugira ngo Inteko Ishinga Amategeko y'igihugu cya Qatar irusheho gukorera neza abaturage ku biyireba.''
Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko hari byinshi u Rwanda na Qatar bihuriyeho, ariko hari n'aho bitandukaniye bigatuma ubutwererane hagati yabyo bukomeza kuba ikintu gikenewe mu nzego nyinshi z'ubuzima bw'abatuye ibi bihugu
''Iyo bavuze Qatar wumva igihugu gitoya ndetse gitoya kurusha u Rwanda, ariko gikomeye cyane ku bukungu no kubitekerezo, nabo bakaba baza kureba u Rwanda kuko ari igihugu gitoya muri Afurika ariko kikaba ari kinini ku bitekerezo no ku kamaro gifitiye isi, nabo bakaba bashimishwa n'uko icyo kintu tugihuriyeho, Qatar rero ni igihugu cy'inshuti kidufasha muri byinshi, twigiraho ariko nabo hari ibyo batwigiraho.''
U Rwanda na Qatar bafitanye imishinga ikomeye, harimo uwo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera, ubucuruzi, ubukerarugendo n’ibindi.
Jean Paul MANIRAHO
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru