AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

U Rwanda na Yorudaniya mu masezerano y'ubufatanye

Yanditswe Feb, 22 2023 11:39 AM | 65,010 Views



Ibihugu by'u Rwanda na Jordan bimaze gushyira umukono ku masezerano y'ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo politiki, uburezi, ubucuruzi ndetse no kuvanaho visa ku badipolomate n'abandi bafite pasiporo za serivisi.

Ni amasezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubuwererane Dr Vincent Biruta ndetse na Minisitiri w'Intebe wungirije wa Jordan akaba na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Ayman Safadi uri mu ruzinduko rw'iminsi 3 mu Rwanda.

Abayobozi ku mpande zombi bemeza ko aya masezerano azafasha ibihugu byombi kurushaho kubyaza umusaruro umubano mwiza usanzwe hagati y'ibihugu byombi.

Uruzinduko rwa Minisitiri w'intebe wungirije wa Jordan Ayman SAFADI ruje rukurikira urwo Perezida Paul Kagame yagiriye muri Jordan mu kwezi kwa Gatatu umwaka ushize wa 2022, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we Umwami Abdullah II.

Ibihugu byombi kandi bisanganywe ubufatanye mu nzego z'umutekano n'igisirikare by'umwihariko mu kurwanya ubuhezanguni n'iterabwoba.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubuwererane Dr Vincent Biruta avuga ko ibihugu byombi bifatanya mu bikorwa by'ubutasi no guhanahana amakuru ku iterabwoba mu karere, mu burasirazuba bwo hagati ari naho Jordan iherereye ndetse no mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba mu gihugu cya Mozambique.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama