Yanditswe Jul, 27 2019 12:22 PM | 9,129 Views
Guhera tariki ya 28 Nyakanga uyu mwaka, i Kigali harateranira inama y’Ishyirahamwe nyafurika rya Banki Nkuru z’ibihugu (AACB).
Ishyirahamwe AACB ryashinzwe
mu 1963 mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bahuriye mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye
Addis Abeba muri Etiyopiya.
Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa Banki Nkuru y’u Rwanda, iyi nama izitabirwa n’abantu basaga 400, bagizwe na ba guverineri ba za banki nkuru z’ibihugu ndetse n’abandi bayobozi bakuru bazo, abagira uruhare mu gushyiraho politiki z’ubukungu, abarimu ba za kaminuza ndetse n’abandi bayobozi mu ngeri zinyuranye.
Iri shyirahamwe rifite intego yo guteza imbere ubufatanye mu bijyanye n’ifaranga, amabanki ndetse no mu bukungu muri rusange, ibi bikaba biri mu rwego rwo kugira ifaranga rihuriweho muri Afurika yose ndetse na Banki nkuru imwe.
Hanateganyijwe ko hazunguranwa ibitekerezo mu bijyanye no kuba Afurika yagira ubukungu butajegajega.
Biteganyijwe ko iyi nama izasoza imirimo yayo tariki ya 1 Kanama uyu mwaka.
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
1 hour
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru