AGEZWEHO

  • Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi – Soma inkuru...
  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...

U Rwanda rugiye kwakira inama y’ishyirahamwe rya Banki Nkuru zo muri Afurika

Yanditswe Jul, 27 2019 12:22 PM | 9,129 Views



Guhera tariki ya 28 Nyakanga uyu mwaka, i Kigali harateranira inama y’Ishyirahamwe nyafurika rya Banki Nkuru z’ibihugu (AACB).

Ishyirahamwe AACB ryashinzwe mu 1963 mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma  bahuriye mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye Addis Abeba muri Etiyopiya.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa Banki Nkuru y’u Rwanda, iyi nama izitabirwa n’abantu basaga 400, bagizwe na ba guverineri ba za banki nkuru z’ibihugu ndetse n’abandi bayobozi bakuru bazo, abagira uruhare mu gushyiraho politiki z’ubukungu, abarimu ba za kaminuza ndetse n’abandi bayobozi mu ngeri zinyuranye.

Iri shyirahamwe rifite intego yo guteza imbere ubufatanye mu bijyanye n’ifaranga, amabanki ndetse no mu bukungu muri rusange, ibi bikaba biri mu rwego rwo kugira ifaranga rihuriweho muri Afurika yose ndetse na Banki nkuru imwe.

Hanateganyijwe ko hazunguranwa ibitekerezo mu bijyanye no kuba Afurika yagira ubukungu butajegajega.

Biteganyijwe ko iyi nama  izasoza imirimo yayo tariki ya 1 Kanama uyu mwaka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m