Yanditswe Jan, 06 2018 20:12 PM | 3,916 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaraye yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi. Ni nyuma y’iminsi itari micye humvikana abanyarwanda bajya cyangwa baba muri Uganda bafatwa bagafungwa ndetse bagakorerwa iyicarubozo.
Iby’uruzinduko
rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa byatangajwe na
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo abinyujije kuri Twitter
watangaje ko ibyo biganiro byagarutse ku birebana n’umubano w’ibihugu byombi.
Minisitiri Mushikiwabo kuri twitter yagize ati:‘’Perezida Kagame yakiriye mugenzi wanjye wa Uganda, Sam Kutesa wazanye ubutumwa bwa Perezida Museveni. Ibiganiro byagarutse ku mubano w’ibihugu byombi. Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo guhahirana bigerweho neza bisaba uruhare rwa buri wese.’’
Minisitiri Louise Mushikiwabo kandi avuga ko ibiganiro by’impande zombie byanagarutse kuri politiki y’akarere ibihugu byombi bihuriyemo, ariko kandi by’umwihariko umutekano w’abaturage b’ibihugu byombi. Aha Minisitiri Louise Mushikiwabo yagize ati: ‘’Ibiganiro kandi byagarutse ku mibanire y’ibihugu byo mu karere, ku mubano w’ibihugu byombi, ifunga n’akarengane gakorerwa Abanyarwanda muri Uganda, ibintu bituma imiryango yabo ikomeza guhagarika imitima bigatuma bahora basaba leta kubikurikiranira hafi’’
Uganda iherutse kohereza abanyarwanda 5 bari bamaze ibyumweru 2 bafungiwe muri uganda nabo baje bakuriye undi munyarwanda Fidele Gatsinzi. Ni mu gihe u Rwanda ruherutse gusaba Leta ya Uganda gutanga ibisobanuro ku mpamvu y’ifungwa ry’Abanyarwanda rya hato na hato.
Inkuru mu mashusho:
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru