AGEZWEHO

  • Ababyeyi basizwe iheruheru na Jenoside barashima uko bakomeje gufashwa kwiyubaka – Soma inkuru...
  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...

U Rwanda rwahaye ikaze Antony Blinken ugiye kurusura

Yanditswe Aug, 04 2022 16:35 PM | 70,679 Views



U Rwanda rwahaye ikaze Umunyamabanga Leta wa USA ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, uzasura u Rwanda mu Cyumweru gitaha.

Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane ivuga ko uru ruzinduko rwitezweho gushimangira umubano w'ibihugu byombi mu nzego zinyuranye zirimo kubungabunga amahoro, ubuzima, umutekano w’ibiribwa n’ingufu ku isi, ubucuruzi n’ishoramari, kurwanya iterabwoba, n’imihindagurikire y'ibihe.

U Rwanda rwavuze ko gukemura ibibazo by’umutekano mu karere k’ibiyaga bigari ari ingenzi cyane, kandi  rwiyemeza kugira uruhare rwose mu gushaka ibisubizo birambye.

Ruvuga ko muri uru ruzinduko hazanaganirwa ku miyoborere n'uburenganzira bwa muntu, nk'uko biri mu mubano w'u Rwanda na Amerika.

MINAFFET yatangaje kandi ko uyu ari umwanya mwiza wo kugaragariza Antony Blinken, ko ifatwa ry'Umunyarwanda Paul Rusesabagina n’ibyaha bikomeye byibasiye abaturage b’u Rwanda (hamwe n’abandi 20 bari muri rubanza rumwe), rikurikije amategeko y’u Rwanda na mpuzamahanga.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira