Yanditswe Jun, 15 2022 18:52 PM | 100,291 Views
Guverinoma y'u
Rwanda yatangaje ko gahunda yo kwakira abimukira baturutse mu Bwongereza
ikomeje, kandi ko itatunguwe cyangwa ngo icibwe intege no kuba icyiciro cya mbere
cyagombaga kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu kitaje.
Ni nyuma y'aho ku munota wa nyuma urukiko rw'u Burayi ruburanisha imanza zirebana n'uburenganzira bwa muntu, ruhagaritse by'agateganyo kuzana umwe muri abo bimukira wari waruregeye ndetse abari kumwe nawe mu ndege nabo bakaboneraho.
Umuvugizi wungirije wa guverinoma y'u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangarije RBA ko amasezerano y'ibihugu byombi nta tegeko ahonyora bityo ko iyi gahunda izakomeza nta kabuza.
AMAJYEPFO: Bahangayikishijwe n'indwara y'ubuganga yibasiye inka
Apr 06, 2022
Soma inkuru
Intara y'Amajyepfo ku isonga mu kurwanya igwingira mu bana
Jan 04, 2022
Soma inkuru