AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

UBUSHINWA BWIJEJE U RWANDA KONGERA UBUFATANYE

Yanditswe Apr, 23 2019 09:11 AM | 6,184 Views



Ministre w’intebe Dr Edouard Ngirente arizeza ko inyubako leta y’u Bushinwa yahaye u Rwanda izafasha inzego za leta zizayikoreramo kurushaho gutanga service nziza. Ubushinwa bwo busezeranya kuzakomeza kuba umufatanyabikorwa mwiza w’u Rwanda mu mishinga y’iterambere.

Inyubako yashyikirijwe u Rwanda igizwe n’amagorofa 7 ku gice cyo hagati n’andi 5 ku mpande byose hamwe bifite ubuso bungana na metero kare ibihumbi 16. Yubatswe mu gihe cy’imyaka isaga gato 2 itwaye miliyoni 27 z’amadolari ya amerika ni amafranga y’u Rwanda asaga niliyari 24.

Ministre w’ibikorwa remezo Amb. Claver Gatete agaragaza ko iyi nyubako ari igisubizo ku nzego za leta zakoreraga mu nzu zatwaraga Leta amafranga menshi y’ubukode.

 “Bivuze ko izakodeshaga zitongera gukodesha kuko zibonye inyubako nshya izamara igihe kirekire, binafasha kugabanya icyatangwaga mu gukodesha. Ni inyubako ijyanye n’icyerekezo cyacu, uko tugenda dutera imbere ni ukongera inyubako za leta kugirango tureke gukomeza gukodesha.” Amb Claver Gatete, Ministre w’ibikorwa remezo


Abatekinisiye basobanura ko ibikoresho byubatse iyi nzu, ibingana na 30% byaturutse mu Rwanda, naho 70% byavuye mu Bushinwa. Vice prezida wa komite y’abaturage b’abashinwa ishinzwe politiki (National Committee of the Chinese People’ Political Consultative Conference), Zheng Jianbang; yasobanuye ko u Bushinwa n’u Rwanda ari abafatanyabikorwa beza, anizeza ko hari indi mishinga igihugu cye cyiteguye gushyigikira.

“Hari imishinga 2 y’abashinwa bagomba kugiramo uruhare nko kubaka umuhanda ujya ku kibuga cy’indege cya Bugesera, umuhanda wa Huye-Kibeho. Hashize imyaka isaga 40 umubano w’ibihugu byombi ugiyeho; ibihugu byacu birushaho gukorana neza ndetse abaturage babyo bakomeza kugirana ubushuti no kwagura imikoranire.” Zheng Jianbang, Visi prezida-CPPCC


Ku ikubitiro iyi nyubako izakoreramo ibiro bya minisitiri w’intebe, inzego zibishamikiyeho n’ibigo na ministeri zitandukanye nk’iy’ibikorwaremezo, iy’ubutabera n’izindi. Ministre w’intebe Dr Edouard Ngirente washyikirijwe iyi nyubako na leta y’u Bushinwa asobanura ko iki ari kimwe mu bimenyetso by’umubano mwiza w’ibihugu byombi, bityo ngo iyi nyubako izafasha inzego zizayikoreramo kurushaho gutanga service nziza.

“Iyi nyubako iragaragaza intambwe y’imibanire iri hagati y’u Rwanda n’Ubushinwa; ndashimira cyane Ubushinwa bushyikirije u Rwanda inyubako nk’iyi igezweho kuko izafasha abakozi b’ibiro bya minister w’intebe n’izindi nzego zizayikoreramo guha abazabagana service nziza kandi zihuse.” Dr Edouard Ngirente, Ministre w’intebe

Iyi nyubako ihawe u Rwanda ije isanga indi ikoreramo ministeri zirimo iy’ububanyi n’amahanga, iy’ubucuruzi n’inganda nayo itari kure y’iyi izakoreramo ibiro bya ministre w’intebe.


Inkuru ya Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura