Yanditswe Apr, 26 2019 07:31 AM | 7,769 Views
Minisiteri
y'ubutegetsi bw'igihugu irizeza ko kuba uturere tugize umujyi wa KIGALI tugiye
gutakaza ubuzima gatozi, ntacyo bizahungabanya kuri politiki yo kwegereza
ubuyobozi abaturage, ahubwo ko bigamije kunoza imikorere y'umujyi no
kuwongerera imbaraga.
Ibi ni mu gihe kuri uyu wa Kane inteko rusange y'umutwe w'abadepite yemeje ishingiro ry‘umushinga w’itegeko rigenga umujyi wa Kigali.
Amavugurura mu miterere n'imiyoborere by'umujyi wa KIGALI arimo gukorwa mu gihe uyu mujyi wagengwaga n'itegeko rigenga inzego z'ibanze. Gusa ngo ibi byatumaga imikorere n'imitunganyitize y'umujyi bidindira, cyane cyane mu rwego rw'ibikorwaremezo kandi nyamara 70% by'ingengo y'imari y'umujyi wa KIGALI ariho akoreshwa.
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Prof. Shyaka Anastase avuga ko iki kibazo ari kimwe mu byo uyu mushinga w'itegeko ugomba gukemura.
Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu igaragaza ko uturere twari tugize umujyi wa KIGALI nta buzima gatozi tuzaba dufite ahubwo ko tuzaba ari amafasi y'umujyi wa KIGALI. Ibi ariko byateye impungenge abadepite bibaza niba bidashobora guhungabanya politiki yo kwegereza ubuyobozi abaturage.
Aha minisitiri Shyaka yabasobanuriye ko ibi bizongerera ubushobozi umujyi wa KIGALI, bigaha n'umwanya abaturage.
Uyu mushinga w'itegeko wemerejwe ishingiro nuramuka utowe, umuyobozi w'umujyi wa KIGALI azaba afite abamwungirije barimo ushinzwe imiturire n'ibikorwaremezo ndetse n'ushinzwe imibereho myiza n'iterambere ry'ubukungu.
Hari kandi abajyanama bahagarariye abaturage, umugore n'umugabo bazava mu karere ariko n'abandi bafite inararibonye mu mitunganyirize n'imikorere y'umujyi bazashyirwaho n'iteka rya perezida, ndetse n'urwego ngishwanama.
Inkuru ya Jeannette UWABABYEYI
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
2 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru