Yanditswe Aug, 28 2018 22:25 PM | 63,381 Views
Mu gihe ibikorwa bihungabanya amahoro n'umutekano bikomeje guhindura isura, ubuyobozi bw'ingabo z'u Rwanda, RDF, busanga hakenewe ubufatanye bw'ibihugu mu gushakira umuti urambye iki kibazo. Ibi ni bimwe mu bikubiye mu butumwa bwahawe abasoje imyitozo yari imaze ibyumweru 2 ibera mu ishuri rya gisirikare I Gako mu karere ka Bugesera.
Iyi myitozo yari igamije gufasha ba ofisiye bato
n'abakuru mu ngabo na polisi gusobanukirwa kurushaho uburyo bwo gutegura no
gutanga amabwiriza ayobora abandi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga no
kugarura amahoro.
Imyitozo yakozwe yibandaga ku buryo ubutumwa bwa Loni muri Central Africa, MINUSCA, bwarushaho kuzuza inshingano y'ibanze yo kurinda abasivili.
Iyi myitozo izwi nka Shared Accord, ni ubwa mbere ibereye mu Rwanda mu nshuro 18 imaze kuba. Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Peter Vrooman, asanga u Rwanda hari byinshi ibindi bihugu byarwigiraho mu birebana n’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro.
Abasaga 200 baturutse mu bihugu 12 ni bo bahawe iyi myitozo yatangiye tariki 14 z'uku kwezi kwa 8 mu ishuri rya gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru