AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ubufatanye hagati ya leta n'abikorera ni igisubizo ku iterambere-Perezida Kagame

Yanditswe Jan, 30 2018 16:25 PM | 5,152 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ubufatanye hagati ya Leta n'abikorera ari igisubuzo ku bucuruzi n'iterambere umugabane wa Afurika ukeneye. 

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iyi nama yagaragaje ko uruhare rw'abikorera rukenewe cyane mu kuzamura ubukungu bw'umugabane no guhindura imibereho y'abawutuye.

Yasabye ko hakongerwa ubufatanye hagati ya Leta n'abikorera asaba komisiyo y'ubukungu mu muryango wa Afurika yunze ubumwe gukurikirana ibijyanye  n'uburyo leta zifatanya n'inzego z'abikorera. Yagize ati, 'Turifuza ubufatanye bugaragara n'abikorera kuko uruhare rwanyu rudahari hari ikingenzi cyaba kibura. Benshi mu banyamuryango ba Afurika yunze ubumwe bahagurukiye ibikorwa by'ubucuruzi bigamije gutanga imibereho iboneye ku baturage bacu. Ku kijyanye no koroshya ubucuruzi n'ubuhahirane ku batuye Afurika  duteganya kugeraho muri uyu mwaka ndetse n'urujya n'uruza rw'abatuye uyu mugabane byemeje muri iyi nama ndetse n'isoko rihuriweho ry'ubwikorezi bw'indege ryatangijwe ku munsi wejo.''

Mu rwego rw'ubuzima, Perezida Paul Kagame yavuze ko mu rwego rw'ubuzima inzego z'abikorera zigize uruhare rugaragara mu gufatanya na Leta byatanga igisubizo kuri serivisi zikwIye abaturage. Ati, ''Mu bigaragara inzego z'ubuvuzi zitwara company n'ibigo bya leta amafaranga menshi ndetse n'umusaruro ukagabanuka bitewe n'indwara ndetse n'impanuka. ariko urwego rw'abikorera ni rumwe mu zifite igisubizo. Raporo ya International finance Corporation iheruka yagaragaje ko serivisi nyinshi z’ubuzima zitangwa muri Afurika zahariwe inzego z’abikorera. Ibi ariko ntibisobanuye ko urwego rw’ubuvuzi ruharirwa abikorera gusa ahubwo ni uburyo bwo gushaka igisubizo kiboneye mu gutanga ubuvuzi bukwiye. Dufatanya n’ikigo cyo muri America cyitwa Zipline mu gukoresha utudege duto mu gukwirakwiza amaraso n’ibindi bikoresho byo kwa muganga mu bice by’icyaro.''

Iyi nama ivuga ku bucuruzi n'ishoramari muri Afurika ije ikurikira inama rusange ya 30 y’Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze ubumwe yari imaze iminsi ibiri iteraniye i Addis Abeba muri Ethiopia.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira