Yanditswe Apr, 03 2019 20:03 PM | 4,910 Views
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Prof Sam
Rugege aratangaza ko ubukemurampaka mu Rwanda bumaze kuba umusingi wo kumvikanisha
impande zifitanye ibibazo. Hari mu nama mpuzamahanga igamije kureba uko inzira
y'ubukemurampaka yakwifashishwa mu butabera
Umunyamabanga Mukuru w'Ikigo Mpuzamahanga
cy'Ubukemurampaka cya Kigali KIAC, Dr
Masengo Fidele avuga ko mu myaka 6 icyo kigo kimaze gikorera mu Rwanda kimaze
gutanga umusaruro ufatika, ku buryo n'abanyamahanga batangiye kukigana. Naho
Njeri Kariuki umukemurampaka muri Kenya akavuga ko ubu buryo bwishimirwa na
benshi kuko bugirira ibanga ku mpande zombi kandi ibintu bigakemuka ku
bwumvikane nta byemezo bifashwe n'inkiko.
''Ubu tumaze guhugura abantu barenga 500 mu by'ubukemurampaka, bigatuma n'abandi bantu bo hanze baza mu Rwanda kuhashakira serivisi z'ubukemurampaka, kuko dufite abantu bafite ubumenyi kandi bakora neza. Icya 2 dufite impaka zirenga 100 twakemuye kandi bivugwa ko ikigo kigitangira gishobora kumara imyaka 5 nta mpaka n'imzwe kirakemura,'' Dr Masengo Fidele/Umunyamabanga Mukuru - KIAC
''Ubukemurampaka ni inzira nziza, mu gihe habayeho ubufatanye bwa buri wese, impaka zikagirwa mu ibanga ntibijye ahagaragara bitanga umusaruro mwiza. Ni inzira yizewe kandi ikemura ibibazo hagati y'impande zombi, hakaba uwatsinze n'uwatsitzwe ariko nta byemezo bimushyirwaho ku buryo bw'agahato nk'uko bigenda mu nzira z'ubutabera," Njeri Kariuki/Umukemurampajka - Kenya
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga Prof Sam Rugege avuga ko n'ubwo ubukemurampaka butaramenyerwa mu mategeko yo mu Rwanda, bufite akamaro kuko bufasha impande zifitanye ibibazo mu kubirangiza kandi mu buryo bw'ibanga
''Abanyamategeko bacu ntibaramenyera neza ibijyanye n'ubukemurampaka n'anabizi hari abakoresha imikorere nk'iyo mu bw'avoka busanzwe bagashaka kumenyereza ibintu. Ariko baragenda babisobanukirwa kuko bamaze kubona ko bifite inyungu.Ubu buryo butuma ibintu byihuta cyane ku bacuruzi cyangwa abafite kontaro zirenga imipaka. Nk'abashoramari iyo baje mu bihugu baba bashaka ko ibintu byabo binyura mu bukemurampaka, kuko baba bashaka ko ibintu byabo biherera bakarangiza ibibazo byabo batari mu rukiko aho buri wese yumva ibyo bavuga,'' Prof. Sam Rugege, Perezida w'urukiko Rw'ikirenga
Iyi nama y'iminsi 2 yitabiriwe n'impuguke mu
mategeko, abayobozi nabanyamategeko b'ibigo by'ubucuruzi bikomeye muri Afurika
barenga 250
Inkuru ya John BICAMUMPAKA
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru