Yanditswe Sep, 29 2021 20:46 PM | 60,614 Views
Abatuye i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo n’Abanyarwanda basanzwe bakorera muri icyo gihugu, baravuga
ko ingendo za RwandAir i Lubumbashi zigiye kubaruhura imvune bahuraga na zo,
bagasanga ari amahirwe akomeye y’ishoramari ku baturage b’ibihugu byombi.
Ku isaha ya sa sita n’igice kuri uyu wa gatatu, ni bwo indege ya RwandAir yari igeze ku kibuga mpuzamahanga cya Lubumbashi muri RDC.
Kwakira Rwandair i Lubumbashi byateye akanyamuneza abaturage baho, bacinye akadiho k’ ibyishimo mu muco wabo.
Kuri bo ngo icyi cyerekezo gishya Rwandair ifunguye muri RDC kivuze byinshi
Minisitiri wungirije ushinzwe ubwikorezi muri RDC, Ekila Likombo Marc yabwiye RBA ati “Uru rugendo rurongera kwerekana ubushake buhamye bw’abakuru b’ibihugu byacu byombi, bose biyemeje gushimangira kurushaho umubano hagati ya RDC n’u Rwanda. Nsanga ari igikorwa twese tuzungukiramo. Mu rwego rw’ubukungu u Rwanda na RDC bizungukira muri izi ngendo zitangiye, hazabaho ubutwererane mu byerekeye umuco, ubutwererane mu bucuruzi, ibyo bizarushaho guhuza abaturage bacu.”
Olga Fiama umuturage utuye i Lubumbashi yagize ati “Biranshimishije cyane kubera ko twamaze igihe tutumvikana, iki ni icyerekezo gishya, icyerekezo cy’ubuvandimwe hagati y’u Rwanda na RDC, aya ni amahirwe yo gukingura amarembo kuri Afurika.”
Kubona Rwandair i Lubumbashi byatumye abanyarwanda basanzwe bahagenda biruhutsa, kubera imvune ubusaznwe bahuraga na zo mu ngendo zabo.
Ku ikubitiro Rwandair izajya ikora ingendo Kigali Lubumbashi inshuro ebyiri mu cyumweru.
Umuyobozi mukuru wungirije wa Rwandair Silver Munyaneza avuga ko aya ari amahirwe yiyongereye ku baturage b’ ibihugu byombi.
Ati “Uru rugendo ruje kugira ngo tworohereze abacuruzi bacu mu ngendo zikoreshwa indege no kugira ngo dukingure amarembo, ni amahirwe kuri twe no kuri bagenzi bacu b’Abanyekongo, ni ukugira ngo duteze imbere ubucuruzi n’ibindi bigendana na byo hagati y’ibihugu byacu byombi.”
Uru rugendo rwa Rwandair Kigali-Lubumashi ruje rukurikira urwa Kigali-Kinshasa rukazanakurikirwa mu minsi mike na Kigali-Goma, bikaba bitumye RDC igira umwihariko wo kuba igihugu Rwandair ifitemo ibyerekezo bitatu.
Jean Damascene Manishimwe
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru