Yanditswe Oct, 01 2021 19:46 PM | 60,851 Views
Inzego z’umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa
bwo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ziravuga ko
kuba zimaze gutsinda ibyihebe ku gipimo kirenga 95% bitavuze ko urugamba
rworoshye, ko ahubwo bigaragaza ubushobozi bw'igisirikare cy'u Rwanda ku
rugamba.
Ni mu gihe abaturage ba Cabo Delgado nabo bashima ibimaze kugerwaho n'ingabo z'u Rwanda mu gihe gito zimaze zibatabaye.
Mu rusisiro rw'ahitwa Quelimane ku muhanda munini uva mu Mujyi wa Palma werekeza Mocimboa Da Praia, Abdulman Halfan w'imyaka 12 arakina karere na bagenzi be.
Inzozi z'uyu mwana w'ingimbi uvuga ko ari umufana ukomeye w'ikipe ya Manchester yo mu Bwongereza ngo ni ukuba umukinnyi wabigize umwuga, akaba yagera ku rwego rw'ibindi bihangange nka Christiano Ronaldo yihebeye.
Nubwo bimeze bityo ariko Halfan avuga ko adashobora kwibagirwa akaga yahuye nako ubwo ibyihebe byigabizaga agace k'iwabo.
Ibyabaye kuri Halfan, ni urugero ruto rw'ibyabaye ku bana n'abakobwa cyangwa abagore ba Cabo Delgado.
Mu nkambi ya Quitunda ahitwa Afungi ni hamwe mu ho usanga ababyeyi n'abana biganjemo abaturuka Mocimboa da Praia bafite ababo bishwe cyangwa bagashimutwa n'ibyihebe, ku buryo ndetse kugeza magingo aya bataramenya amaherezo yabo.
Ku rundi ruhande ariko mu mpunzi zisaga ibihumbi 10 zari mu nkambi ya Quitunda hasigaye izibarirwa mu gihumbi, kuko isisaga ibihumbi 9 ziri mu zigera mu bihumbi 25 zimaze gusubira mu byazo mu mujyi wa Palma.
Nyuma y'amezi hafi 3 zigeze muri Cabo Delgado ingabo z'u Rwanda ku bufatanye n'iza Mozambique zimaze kwirukana ibyihebe mu duce twose two mu turere twa Palma na Micomboa Da Praia, ibintu byari byarananiranye mu myaka 5 ishize.
Umuyobozi w'ibikorwa by'urugamba Brig. Gen. Muhizi Pascal agira ati “Ibimaze kugerwaho n'ingabo z'u Rwanda ku bufatanye n'iza Mozambique mu gihe gito nk'iki, ntibivuze ko urugamba rworoheye ingabo z'u Rwanda, ahubwo bigaragaza ubushobozi bw'igisirikare cy'u Rwanda ku rugamba.”
Zikigera muri Cabo Delgado kuva tariki 10 Nyakanga ingabo z'u Rwanda zakoresheje amayeri yo kwicamo amatsinda abiri, bamwe baturuka ahitwa Mueda bakomereza Diaca-Awasse-Mumu-Mtotwe bagana ku birindiro bikuru by'ibyihebe byari mu mujyi wa Mocimboa Da Praia.
Umuvugizi w'ingabo z'u Rwanda Col. Ronald Rwivanga avuga ko urugamba rukomeye rwabereye ahitwa Awasse, kubera sitasiyo y'amashanyarazi ihari.
Itsinda rya kabiri ryaturutse ahitwa Afungi rikomereza Quitunda, Quelimane, Mapalanganha, Maputo, Namalala ryerekeza ku birindiro bikuru by'ibyihebe mu mujyi wa Mocimboa Da Praia uri ku nkombere z'inyanja y'Abahinde.
Kugeza tariki 4 Kanama izo ngabo zari zamaze kwigarurira imijyi n'insisiro za Palma, Quionga, Tete, Zambia, Maputo, NHICA Do Rovuma, Quelimane, Njama, Chinda, Mumu ndetse na Awasse.
Ingabo ziturutse muri bya byerekezo byombi zahuje imbaraga maze nyuma y'iminsi 4 zifata Mocimboa Da Praia, ibirindiro bikuru by'ibyihebe, intsinzi ikomeye nyuma y'inkundura ikomeye yaguyemo ibyihebe bitari bike, bimwe bigakomereka ndetse ibindi bigafatwa mpiri.
Ni nako kandi intwaro zitari nke zambuwe ibyihebe maze bihita byimurira ibirindiro ahitwa Mbau, ariko nyuma yo kwatswaho umuriro Mbau nayo ibyihebe byarayitaye biyabangira ingata.
Kugeza ubu ku ruhande rw'u Rwanda abagera kuri 4 nibo bamaze kugwa kuri rugamba rwo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado gusa Brig. Gen. Pascal Muhizi agashimangira ko ingabo z'u Rwanda zitewe ishema no kwitangira bene wabo b'Abanyafurika.
Abakuru b'ibihugu by'u Rwanda na Mozambique nabo bashima ubwitange bw'ingabo z'ibihugu byombi n'umusaruro zimaze kugeraho.
Mu ruzinduko rw'iminsi 2 aherutse kugirira muri Cabo Delgado, Perezida Paul Kagame akaba n'umugaba w'ikirenga w'ingabo z'u Rwanda, yashimangiye ko ingabo z'ibihugu byombi zidateze kwemerera ibyihebe kongera kubuza amahoro abaturage ba Cabo Delgado.
Ingabo z'u Rwanda n'abapolisi basaga 1000 bari mu ntara ya Cabo Delgado kuva muri Nyakanga, hashingiwe ku busabe bwa leta ya Mozambique ndetse n'amasezerano y'ibihugu byombi mu by'umutekano n'igisirikare.
Divin Uwayo
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza ya Stanford
Mar 26, 2024
Soma inkuru