AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Ubushakashatsi bwa RGB bugaragaza izamuka mu mitangire ya serivise mu baturage

Yanditswe Feb, 07 2018 20:40 PM | 9,249 Views



Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere ruratangaza ko igipimo cy’uko abaturage babona imitangire ya serivisi mu nzego zitandukanye cyazamutse ku gipimo 10%. Gusa abaturage bo basanga hagikenewe izindi mbaraga mu kunoza imitangire ya serivisi

Ni ku nshuro ya 5 urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rukora ubu bushakashatsi, aho abaturage batanga ishusho yabo  ku miyoborere, imikorere n’imitangire ya servisi mu gihugu. Bamwe muri aba baturage bo mu ntara y’iburasirazuba bavuga ko nubwo hari byinshi bimaze gukorwa bikwiye ko zimwe mu nzego za kwikubita agashyi.

Ubwo hamurikwaga ibyavuye muri ubu bushakashatsi ku rwego rw’ igihugu by’umwihariko mu ntara y’iburasirazuba Dr. Félicien Usengumukiza, umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri RGB yavuze ko ibipimo byazamutse ugereranyije  n’umwaka wabanjirije. Yagize ati, "...uyu mwaka ushize twari ku gipimo cya 67.1% ari ubu tugeze kuri 70%  nubwo bitaragera ku gipimo twihaye muri porogaramu y’imbaturabukungu gusa igishimishije hazamutseho 3% ku rwego rw’igihugu by’umwihariko intara y’iburasirazuba yagiye hejuru y’impuzandengo y’igihugu aho yabonye 73.3%."

Naho mu rwego rw’ubukungu, ubu bushakashatsi bugaragaza ko ku rwego rw’igihugu imibare iri kuri 61.5%. Ku rwego rw’intara y’iburasizuba ubuhinzi buri kuri  59.89%, naho ubworozi bufatiye runini umukamo w’igihugu buri kuri 66.97%, ari naho umuyobozi w’iyi ntara Fred Mufuruke ahumuriza abaturage ku kibazo cy’isoko ry’uyu mukamo.

Ubu bushakashatsi bwakorewe mu ngo 11.000 mu turere 30 tugize igihugu cyose bugaragaza ko hari ibyiciro bikiri hasi kandi bigaragara ko bikora ku buzima bwa buri munsi bw’abaturage nk’ubuhinzi, ubworozi, imibereho myiza y’abaturage n’uruhare rwabo mu bibakorerwa.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura