AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ubwato bukozwemo hoteli y'inyenyeri 5 bwitezweho kongera ba mukerarugendo basura Ikivu

Yanditswe Jun, 05 2021 18:05 PM | 59,881 Views



Ubwato bukozwemo hoteli y'inyenyeri 5 burimo kubakwa mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi buzaba bwuzuye muri uyu mwaka nk’uko ababwubaka babyizeza. Ubu bwato bwitezweho kuzakurura ba mukerarugendo basura iki kiyaga ari na yo mpamvu ubuyobozi bw'Intara y'Iburengerazuba buhamagarira abikorera kuhashora imari kuko ikirimo amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.

Mu karere ka Karongi harimo kubakwa ubwato bwa metero hafi 20 z'uburebure, butazatwara abagenzi gusa nk'uko bisanzwe. Ahubwo buzaba burimo na hoteli yo ku rwego rw'inyenyeri 5. Mark Reed ukuriye imirimo yo kubaka ubu bwato avuga ko iyi hotel izaba iri ku rwego mpuzamahanga.

Ni ubwato bw'igitangaza, buzaba bufite moteri 2. Buzagira ibyumba 10 harimo 2 byo ku rwego rwa VIP, pisine, igikoni, restaurent n'aho abantu bakorera siporo..

Sosiyete Afrinest yubaka ubu bwato isobanura ko ikigamijwe ari uguha bamukerarugendo basura uturere dukora ku kiyaga cya Kivu amahitamo anyuranye.

Umuyobozi w'iyi sosiyete Abdullah Al Mamun, yagize ati "Turifuza ko abantu bishimira mu kiyaga kandi ngira ngo uzi ko Ikivu ari ikiyaga cyiza cyane nta kintu na kimwe kibi kibamo, turashaka ko ibikorwa byabo bazabikora bareremba ku kiyaga. Burya igihe ufite ubwato bwizewe mu mutekano, ba mukerarugengo barabikunda cyane kandi bagakora byinshi, bagasura ahantu hanyuranye. Kugeza ubu bene ubu bwato nta bwabaga inaha; ni yo mpamvu ikomeye yatumye dukora ubu bwato bugezweho nka bumwe mubona mu Burayi n'ahandi, bizashimisha cyane ba mukerarugendo."

Abashinzwe kubaka ubu bwato basobanura ko hatagize igihinduka buzatangira gutanga service mu mpera z'uyu mwaka. Iyi ni inkuru nziza ku batuye n'abavuka mu ntara y'iburengerazuba ndetse n'abashoramari mu rwego rw'ubukerarugendo kuko bizongera umubare w'abasura aka gace.

Birasa Bernard uvuka mu Burengerazuba yagize ati "Ikiyaga cya Kivu tumenyereko kiduha isambaza n'amafi none kigiye kuduha hotelI ndashyikirwa kuri iyi si ya mungu. Abazasura igihugu bazajya basura Karongi, Rusizi, Rubavu batembere bareba ibyiza bitatse u Rwanda. Ubu bwato bwa hoteli tubumenyereye muri film Titanic none tugiye kububona amaso ku yandi."

Nsanzumuhire Theogene, umuyobozi/Honey in Honey Hotel we ati "Iki ni igikorwa cy'indashyikirwa Leta ituzaniye, igihe cyose buzaza nzaba uwa mbere kubujyamo kuko ni ikintu kiza numva ntawantanga. Nifuza ko ejo cyangwa ejobundi byatangira kuko ni indashyikirwa mu gihugu cyacu."

Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Habitegeko Francois, abona aka gashya mu bukerarugengo gakwiye gutanga undi mukoro ku bifuza gushora imari muri iyi ntara kuko hari amahirwe menshi yatanga inyungu.

Ati "Ni ibintu bishyashya kuko urumva nka siporo yo mu mazi biratangaje, abantu bagenda batekereza ibintu bishya, amahirwe aracyari menshi cyane ku buryo twavuga ko ku bijyanye no kuyabyaza umusaruro iki gice kiracyari isugi."

Usibye ubu bwato buzaba burimo na hoteli, sosiyete ibwubaka itangaza ko ifite gahunda yo gukomeza kubaka n’ubundi bwato butwara abagenzi n'ibicuruzwa ndetse mu minsi iri imbere hakazajyaho gahunda yo guhugura amakipe azatanga serivisi zitandukanye muri bene ubu bwato bugezweho.


Jean Claude MUTUYEYEZU



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage