AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Uganda yirukanye Abanyarwanda 30

Yanditswe Nov, 26 2021 09:17 AM | 88,645 Views



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane abanyarwanda 30 bakiriwe ku mupaka wa Kagitumba mu karere ka Nyagatare, aho bagejejwe birukanywe mu gihugu cya Uganda. 

Aba barimo abagabo 21, abagore 5 n'abana 4 bakaba bari bafungiye muri gereza zitandukanye zo muri cyo gihugu.

Bamwe muri aba banyarwanda bavuga ko bafashwe bakuwe mu modoka zari zibazanye mu Rwanda abandi bafatirwa mu mirimo itandukanye, bafungwa ngo bazizwa ko nta byangombwa bya Uganda bafite bibemerera kuhaba.

Gusa bo bemeza ko hari ibyo bari bafite, ikindi ni uko ngo  aho bari bafungiye  bakorewe ibikorwa bibi birimo kwicishwa inzara no gukubitwa.

Muri aba banyarwanda harimo uwitwa Niyibizi Daniel ukomoka mu Karere ka Ruhango wageze  muri Uganda avuye mu gihugu cya Malawi, we n'umuryango we mu kwezi kwa Gatanu 2021. 

Akigera aho  muri Uganda yahise afungwa we n'umuryango we ashinjwa kuba intasi y'u Rwanda, kugeza  naho umugore we abyarira muri Gereza yahitwa Mbuya, ndetse hakiyongeraho no kuba imitungo ye arimo n'imodoka yarayambuwe.

Bakigera mu Rwanda uko ari 30 bapimwe icyorezo cya Covid 19 aho umunani muri bo basanzwemo virus itera Covid-19.

Aba Banyarwanda bagejejwe mu Rwanda baje bakurikira abandi bagiye birukanywa mu gihugu cya Uganda mu bihe bitandukanye, banyujijwe ku mipaka itandukanye ihuza u Rwanda na Uganda irimo n'uwa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira