AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Uko Abakristo hirya no hino mu gihugu bizihije umunsi mukuru wa Pasika

Yanditswe Apr, 17 2022 16:41 PM | 26,583 Views



Abakristu hirya no hino mu gihugu bizihije umunsi mukuru wa Pasika, aho bavuga ko kwizera kwabo gushingiye ku kuba Yesu yarapfuye akazuka.

Hirya no hino mu gihugu abayoke b'amadini n'amatorero bemera Yezu/Yesu bizihije umunsi mukuru wa Pasika, bitabira ku bwinshi kujya kuri za Kiliziya n'insengero. 

Hatangimana Diedonne, umukristo muri Anglican ati "Uyu ni umunsi ukomeye ku mu Kristu wese aho ava akagera, kubera ko ni umunsi tuba tuvuga ngo Kristu yarazutse, iyo ataza kuzuka ntabwo tuba turiho kuko ibyiringiro byacu biri mu kuzuka kwa Kristu. Urumva ko Kristu ari umuntu ukomeye, umuntu udasanzwe."

Mukamwiza Jeannette, umukristo muri ADEPR we yagize ati "Pasika y'uyu munsi ni umunezero kuri twe, izuka rye twizihiza uyu munsi niryo rituma tugira umuzero urimo ubona."

Pasiteri mu itorero Bethesda holy Church Nkurikiyinka Marie Claudine avuga ko uyu munsi usobanuye insinzi ku ba Kristo.

Ni umunsi kandi urangwa no gutanga isakaramentu rya batisimu, no kujya ku igaburo ryera, wari umunezezero ku ba Kristu babatirishije abana babo kuri uyu munsi mukuru. 

Padiri mukuru wa Kathedrale St Michel, Consolateur Innocent ati "Umu kristu aba agomba kwitwara nka Yezu Kristu, iyi si turimo irimo amagorwa menshi, irimo ibishuko byinshi, irimo ibigusha byinshi ariko Kristu yarabinaniye ati mbahaye urugero kugera ku giti cy'umusaraba yarageragejwe ariko aratsinda, azuka rero agira ati mugire amahoro ntimukuke umutima, mundebereho, ninjye nzira ukuri n'ubugingo."

Kuri uyu munsi mukuru wa Pasika, ubutumwa bwatanzwe bwibanze ku kugira urukundo, kubabarira n'ubwerekeye isanamitima kuko ibyo byose Yezu/Yesu yabinyuzemo kugeza atsinze urupfu.


Kwizera John Patrick




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama