AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Uko ingamba zo gukumira ikwirakwira rya COVID19 mu batwara amakamyo ziri kubahirizwa

Yanditswe Apr, 29 2020 21:30 PM | 29,613 Views



Nta kamyo kuri ubu yinjira mu Rwanda ngo uyitwaye akomeze mu gihugu imbere, na serivisi za gasutamo ziratangirwa ku mipaka ni nyuma y'iminsi ibiri hafashwe icyemezo cyo guhindura uburyo bw’imikorere ya za gasutamo mu rwego rwo gukurikiza ingamba zafashwe zo kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19.

Daniel Martin, nyuma y'iminsi 3 atwaye ikamyo iturutse i Dar es Salaam muri Tanzania ageze mu bubiko bugari bw'ibicuruzwa buherereye mu bilometero 10 uvuye ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania, iyi kamyo ayivuyemo maze ikorerwa ibisabwa byose birimo kuyimishaho umuti n'ibindi. Umunyarwanda Havugimana Jean Claude yiteguye kuyitwara akayigeza i Kigali arabanza kubahiriza ibisabwa n'inzego z'ubuzima birimo no kwisiga umuti mu ntoki wica udukoko dushobora gutera COVID - 19.

Aba bashoferi bombi bahuriza ku kuba izi mpinduka ari ingenzi mu guhangana na koronavirusi.

Daniel Martin ati "Ndabona ubu buryo ari bwiza cyane, nk'umuntu waza afite ubwandu iyo agumye hano biba byiza ntabukomezanye. Ni ikintu kiza cyane."

Imihini mishya itera amabavu, ni byo izi mpinduka hari abatarazumva neza.

Undi mushoferi  ati "Guhinduranya imodoka ndumva birimo ikibazo, kuva mu modoka ukayiha undi kenshi usanga uwo uhaye imodoka nta bunyararibonye ayifiteho."

Kuri izi mpungenge, umuyobozi w'urugaga rw'abikorera mu Rwanda Robert Bafakulera arahumuriza abazifite ko hari ibiri gukorwa biza gutanga igisubizo. 

Komiseri wa Gasutamo, Rosine Uwamariya avuga ko imirimo yo gutanga serivisi za Gasutamo ikomeje kandi zigenda neza ku buryo bazibonamo igisubizo mu guhangana n'ikwirakwira rya coronavirus. 

Iki cyanya cyahariwe gutanga serivisi za gasutamo ku bicuruzwa byinjirira ku mupaka wa Rusumo kingana na hegitari 4.9 gifite ubushobozi bwo kwakira ikamyo 100 icya rimwe, ku munsi bashobora guha serivisi ikamyo ziri hagati ya 200 na 250.

Paul RUTIKANGA 

Amafoto: Bienvenue MBARUSHIMANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira