AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Norbert Neuser yavuze ko atemeranya n'ibyo Inteko ya EU yavuze ku rubanza rwa Rusesabagina

Yanditswe Nov, 04 2021 14:50 PM | 49,304 Views



Umudepite Norbert Neuser uyoboye itsinda ry'abadepite bo mu Ntako y'Ubumwe bw'u Burayi bari mu Rwanda yagaragaje ko u Rwanda ari igihugu kigenga bityo ko imikoranire yarwo n’uyu muryango ikwiye kubamo kubahana. Ibi uyu mudepite yabitangaje ubwo yaganiraga n'itangazamakuru iri tsinda rimaze kubonana na Perezida w’Umutwe w’Abadepite.

Perezida w'Umutwe w'Abadepite Donatille Mukabalisa ari kumwe na bamwe mu bagize Inteko Ashinga Amategeko y'u Rwanda bakiriye itsinda ry'abadepite 8 bari mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi.

Mu biganiro byabo bibanze ku gukomeza kwagura imikoranire mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, uburezi n'ubufatanye mu guhangana n'ikibazo cy'imihindagurikire y'ikirere.

Umudepite Norbert Neuser uyoboye iri tsinda yavuze ko bari mu Rwanda mu rwego rwo gushimangira imikoranire ko kureba ingaruka za Covid19 n’uburyo habaho ubufatanye mu kuzisohokamo.

Yagize ati “Nyuma y'icyorezo cya Covid-19 hari ibintu byinshi bihuriweho ari n ayo mpamvu y'uru ruzinduko hano mu Rwanda aho twaje kureba iterambere no kureba uburyo twakomeza ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo uburezi, ubuhinzi imihindagurikire y'ibihe n'izindi nzitizi zigenda ziza.”

Perezida w'Umutwe w'Abadepite Donatille Mukabalisa yavuze ko imikoranire myiza hagati y'inteko zombi isanzweho kandi ifasha muri gahunda zo kuzuza inshingano zo guhagararira abaturage.

Ati “Ndetse hari n'umushinga umuryango w'ubumwe bw'uburayi uteramo inkunga inteko ishinga amategeko bidufasha cyane mu nshingano zacu zo gushyiraho amategeko, kugenzura ibikorwa bya guverinoma twabagaragarije ko bifite icyo byadufashije cyane mu mikorere yacu no mu mikoranire.”

Ku kibazo kijyanye n'uburyo inteko y'Ubumwe bw'u Burayi yitwaye mu rubanza rwa Rusesabagina Paul, aho iyi nteko yavugaga ko itizeye ubutabera azahabwa n'inkiko zo mu Rwanda, uyoboye iri tsinda ry'abadepite b’inteko y’Ubumwe bw’u Burayi Norbert Neuser yavuze ko atemeranyaga n’ibyo iyi nteko y'iwabo yakoze.

Yagize ati « Ntabwo ari ibanga ko ntari nishimiye umwanzuro w'inteko ishinga amategeko y'Ubumwe bw'u Burayi kubera ko twabiganiriyeho inshuro 2 muri uyu mwaka mu buryo bwihutirwa ku rundi ruhande kuri njye ntabwo ari byo kwibanda cyane kuri iki kibabazo tukibagirwa ibindi bibazo byinshi tugomba kuvugaho. Ariko nanone tugize inteko ishinga amategeko turigenga, mu mwanzuro twagaragaje uko tubibona kubera ko twita ku burenganzira bwa muntu. Muri igihugu kigenga, mufite leta, mufite abacamanza tugomba kubaha kuko ntabwo turi hano kugirango tubigishe. »

Perezida w'Umutwe w'Abadepite Donatille Mukabalisa ashimangira ko umubano hagati y'inteko ishinga amategeko y'u Rwanda n'iy’ubumwe bw'u Burayi uzakomeza gushingira ku biganiro hagamijwe ubwubahane bwa buri ruhande.

Ati « Nyuma y'umwanzuro bafashe natwe twafashe undi mwanzuro nk'inteko ishinga amateko tubabwira uko tubitekerezaho ubwo ndibwira ko mu biganiro tuzajya tugira ibyo byose bizajya bihabwa umurongo kugira ngo abantu bajye baganira mu buryo bwo kumvikana, ibiganiro uko bizajya bikomeza ibyo byose tuzajya tugaragaza ko tugomba kubana mu bwuahane. »

Iri tsinda ry'abadepite bari mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi 5 aho basura ibikorwa bitandukanye uyu muryango uteramo inkunga u Rwanda.


KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize