AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Umujyi wa Kigali wacanye urumuri mu kwizihiza Yubile y'imyaka 70 y’Umwamikazi w'u Bwongereza

Yanditswe Jun, 03 2022 16:49 PM | 100,615 Views



Mu ijoro ryakeye Umujyi wa Kigali ku bufatanye na Rottary Club ahazwi nka Car Free Zone Imbuga City Walk, bahacaniye urumuri mu rwego rwo kwizihiza Yubile y'imyaka 70 umwamikazi w'u Bwongereza Elisabeth II amaze yimye Ingoma.

Ni ubwa mbere iki gikorwa cyo gucana urumuri cyari gikozwe mu Mujyi wa Kigali ndetse no muyindi Mijyi yo mu bindi bihugu bigize Umuryango w'Ibihugu bivuga ururimi rw'Icyongereza.

Ni igikorwa kibaye nyuma yuko u Rwanda rubura iminsi mike ngo rwakire inama Mpuzamahanga ya CHOGM iteganijwe kuba kuri uku kwezi kwa Kamena uyu mwaka.

Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yavuze ko nk'umunyamuryango muto mu murwango mu bavuga ururimi rw'icyongereza, bishimiye cyane kwizihiza iyi sabukuru.

Uhagarariye u Bwongereza mu Rwanda, ambasaderi Omar Daair yavuze ko umwamikazi Elisabeth akora ibikorwa byinshi bikora ku buzima bw'abantu hirya no hino isi no mu Rwanda, ndetse ko  yishimiye cyane kuba u Rwanda nk'umunyamuryango muto ruri mu bihu byizihije yubile y'imyaka 70 umwamikazi Elisabeth wa II amaze yimye ingoma.

''Umwamikazi akomeje ibikorwa bye kubantu be, atari mu Bwongereza gusa ahubwo no mu bari mu muryango w'abavuga ururimi rw'icyongereza, icyo ni ikintu kintera ishema ku bwanjye ndetse no ku Bongereza, kandi ni ikintu twese duhuriyeho. Ntekereza ko ari byiza kuvuga ko Umwamikazi yabaye ambasaderi mwiza w'u Bwongereza ku isi yose. ni iby'igiciro gikomeye cyane kuba u Rwanda rwateguye iki gikorwa mwakoze cyane.''

Umwamikazi w'u Bwongereza Elizabeth II yimitswe tariki 2 Kamena 1953 afite imyaka 27, ni we wa mbere ugejeje imyaka 70 akiri ku ngoma. 

Kuri ubu afite imyaka 96.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko