AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Umunyarwanda ufite umushinga w'ikoranabuhanga arahatanira gihembo cya Kickstart

Yanditswe Sep, 26 2016 13:48 PM | 1,595 Views



Umunyarwanda ari mu bantu 30 bafite imishinga igitangira igaragaza ko ifite umwihariko mu kuba yahindura imibereho n'imitangire ya serivise.

Louis Antoine Muhire, wakoze gahunda ya mudasobwa na telefone ifasha abari hanze y'u Rwanda kugura serivise cyangwa ibicuruzwa batiriwe bohereza amafaranga. Niwe munyafrika wenyine uri muri abo bantu 30 bazahatanira igihembo gikuru ku itariki 4 Ugushyingo i Zurich mu Busuwisi, kizatangwa n'ikigo cyitwa Kickstart cy'aho mu busuwisi giteza imbere imishinga igitangira.

Mergims ni uburyo uyu Louis Antoine Muhire yashyize ahagaragara, amaze gutahuka mu Rwanda avuye muri Canada aho yari amaze imyaka igera kuri 20. Muri aya marushanwa amaze guhabwa ibihembo 3 ku buryo ari muri bane ba mbere mu bahatanira igihembo cya mbere. Mu bihembo birimo ni ukuva ku mafaranga y'u Busuwisi ibihumbi 250 kugera kuri miliyoni 1, ni amafranga yenda kunganya agaciro n'amadolari.

Gahunda ya Kickstart yatangijwe n'abantu 60 bishyize hamwe bo mu bihugu binyuranye no mu nzego zinyuranye bagamije kujya bafasha imishinga igaragaza umwihariko mu nzego zinyuranye, kandi ikiri mishyashya.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama