Yanditswe Sep, 26 2016 13:48 PM | 1,546 Views
Umunyarwanda ari mu bantu 30 bafite imishinga igitangira igaragaza ko ifite umwihariko mu kuba yahindura imibereho n'imitangire ya serivise.
Louis Antoine Muhire, wakoze gahunda ya mudasobwa na telefone ifasha abari hanze y'u Rwanda kugura serivise cyangwa ibicuruzwa batiriwe bohereza amafaranga. Niwe munyafrika wenyine uri muri abo bantu 30 bazahatanira igihembo gikuru ku itariki 4 Ugushyingo i Zurich mu Busuwisi, kizatangwa n'ikigo cyitwa Kickstart cy'aho mu busuwisi giteza imbere imishinga igitangira.
Mergims ni uburyo uyu Louis Antoine Muhire yashyize ahagaragara, amaze gutahuka mu Rwanda avuye muri Canada aho yari amaze imyaka igera kuri 20. Muri aya marushanwa amaze guhabwa ibihembo 3 ku buryo ari muri bane ba mbere mu bahatanira igihembo cya mbere. Mu bihembo birimo ni ukuva ku mafaranga y'u Busuwisi ibihumbi 250 kugera kuri miliyoni 1, ni amafranga yenda kunganya agaciro n'amadolari.
Gahunda ya Kickstart yatangijwe n'abantu 60 bishyize hamwe bo mu bihugu binyuranye no mu nzego zinyuranye bagamije kujya bafasha imishinga igaragaza umwihariko mu nzego zinyuranye, kandi ikiri mishyashya.
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Banki nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigikira
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza - MINALOC
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo
May 31, 2023
Soma inkuru
Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
May 31, 2023
Soma inkuru
Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu korohereza ishoramari
...
May 31, 2023
Soma inkuru