AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Umunyarwanda ufite umushinga w'ikoranabuhanga arahatanira gihembo cya Kickstart

Yanditswe Sep, 26 2016 13:48 PM | 1,676 Views



Umunyarwanda ari mu bantu 30 bafite imishinga igitangira igaragaza ko ifite umwihariko mu kuba yahindura imibereho n'imitangire ya serivise.

Louis Antoine Muhire, wakoze gahunda ya mudasobwa na telefone ifasha abari hanze y'u Rwanda kugura serivise cyangwa ibicuruzwa batiriwe bohereza amafaranga. Niwe munyafrika wenyine uri muri abo bantu 30 bazahatanira igihembo gikuru ku itariki 4 Ugushyingo i Zurich mu Busuwisi, kizatangwa n'ikigo cyitwa Kickstart cy'aho mu busuwisi giteza imbere imishinga igitangira.

Mergims ni uburyo uyu Louis Antoine Muhire yashyize ahagaragara, amaze gutahuka mu Rwanda avuye muri Canada aho yari amaze imyaka igera kuri 20. Muri aya marushanwa amaze guhabwa ibihembo 3 ku buryo ari muri bane ba mbere mu bahatanira igihembo cya mbere. Mu bihembo birimo ni ukuva ku mafaranga y'u Busuwisi ibihumbi 250 kugera kuri miliyoni 1, ni amafranga yenda kunganya agaciro n'amadolari.

Gahunda ya Kickstart yatangijwe n'abantu 60 bishyize hamwe bo mu bihugu binyuranye no mu nzego zinyuranye bagamije kujya bafasha imishinga igaragaza umwihariko mu nzego zinyuranye, kandi ikiri mishyashya.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu