Yanditswe May, 13 2022 19:45 PM | 110,019 Views
Umuryango imbuto Foundation wahembye imishinga 4
y'urubyiruko yahize iyindi mu marushanwa yiswe IAccelerator abaye ku nshuro ya
4, aya marushanwa akaba yaribanze ku
gutoranya imishinga itanga ibisubizo bibazo bibangamiye umuryango nyarwanda.
Urubyiruko rwahatanye mu marushanwa ya IAccelerator icyiciro cya 4, rwasabwe kugaragaza imishinga ishobora gutanga ibisubizo ku bibazo by'ubuzima bwo mu mutwe n'ubuzima bw'imyororokere.
Imishinga isaga 490 y'urubyiruko niyo yakiriwe hatoranywamo imishinga 4 ihiga iyindi, buri mushinga ugenerwa ibihumbi 10 by'amadorari ni ukuvuga agera muri miriyoni 10.
Abatsinze bavuga ko babonye uburyo bwo gushyira mu bikorwa imishinga yabo bagashima urubuga urubyiruko rwashyiriweho rubaha amahirwe yo kugaragaza ubumenyi rufite.
Umuyobozi wungirije w'Umuryango Imbuto Foundation, Umutesi Geraldine avuga ko aya marushanwa mu rubyiruko arimo gutanga ibisubizo.
Ni mu gihe umuyobozi mukuru wungirije mu kigo cy'igihugu
gishinzwe ubuzima, Noella Bigirimana avuga ko urubyiruko rukwiye kugira uruhare
mu gushaka ibisubizo by'ibibazo bibangamiye abaturage cyane ibijyanye n'inda
ziterwa abangavu.
Ati "Bimwe mu bintu by'ingenzi muri
Leta yacu ni uguteza imbere urubyiruko rwacu, imibereho myiza ishobora gukomwa
mu nkokora n'ibibazo bishingiye ku buzima bwo mu mutwe, ndetse no kugira
amakuru adahagije ku buzima bw'imyororokere kubera ubukangurambaga
budahagije, kutabona serivisi z'ubuzima bw'imyororokere, ibi ni ibyiciro bigomba
gushyirwamo imbaraga mu buryo buhoraho, urubuga nk'uru rufite umwihariko wo
kuba ahari urubyiruko ruzana ibisubizo binyuze ku ku nkunga urubyiruko rubona
iba ikenewe kwagura ibitekerezo byabo n'ibisubizo."
Mu biganiro byatanzwe kandi urubyiruko rwahawe umukoro wo kwirinda ibiyobyabwenge no kubirinda abandi, urubyiruko kandi rwagaragarijwe umubabane wa Afurika ufite byinshi rwaheraho rukiza imbere.
U Rwanda rukaba rukaba rushyize imbere urubyiruko muri gahunda zose z'igihugu zigamije iterambere.
Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa rimwe
Jun 04, 2023
Soma inkuru
Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan
Jun 03, 2023
Soma inkuru
Banki nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigikira
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'ibiza - MINALOC
Jun 01, 2023
Soma inkuru
Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo
May 31, 2023
Soma inkuru
Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
May 31, 2023
Soma inkuru
Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu korohereza ishoramari
...
May 31, 2023
Soma inkuru