AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Umushyikirano 2023: Abaturage bawitezeho kubonera umuti ibibazo bibangamiye imibereho myiza

Yanditswe Feb, 26 2023 16:24 PM | 66,304 Views



Abaturage baragaragaza ko Inama y'Igihugu y'Umushyikirano bayitezeho inyungu nyinshi zirimo no kubonera umuti ibibazo bibangamiye imibereho myiza yabo muri iki gihe. 

Ni mu gihe kuri uyu wa Mbere i Kigali aribwo hatangira imirimo y'iyi nama y'Umushyikirano igiye guterana ku nshuro ya 18. 

Ikibazo cy'ubwishingizi ku batwara moto, igisa no kudindira kw'ibyiciro by'ubudehe, ndetse n' ibiciro ku masoko ni ingingo zitabura kugarukwaho na benshi bifuza ko zagarukwaho muri iyi nama.

Ni inama ariko kandi bamwe mu banyamakuru bagaragaza ko iziye igihe dore ko hari hashize imyaka 3 itaba kubera icyorezo cya COVID19. 

Umunyarwanda uba mu Bubiligi amaze imyaka 10 yitabira umushyikirano, mu nama nk'iyi niho yasabiye umuhanda wa Huye Kibeho none agarutse warubatswe. Avuga ko iyi nama ari ingirakamaro cyane kubera imyanzuro myiza iyifatirwamo ndetse igashyirwa mu bikorwa.

Bamwe mu bayobozi mu nzego zikorana n' umuturage umunsi ku munsi bagaragaza ko nta wakwirengagiza agaciro k'iyi nama kuko ari umuyoboro wo kwihutisha iterambere ry'umuturage.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yaherukaga yabaye mu mwaka wa 2019 mbere y’ icyorezo cya COVID19, iyi nama ni kimwe mu bisubizo by'umwimerere byahanzwe n'Abanyarwanda, ni inama kandi igamije guteza imbere imiyoborere abaturage bagizemo uruhare, kandi idaheza.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir