AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Umutoza w'Amavubi yahamagaye abakinnyi azifashisha ku mukino wa Mozambique

Yanditswe Jun, 01 2023 19:03 PM | 42,443 Views



Kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Kamena, Umutoza w'Ikipe y'Igihugu Amavubi Carlos Alos Ferrer yahamagaye abakinnyi 28 bazatonnywamo bazakina na Mozambique mu mukino w'umunsi wa gatanu mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika kizabera muri Cote D'Ivoire muri Mutarama umwaka utaha wa 2024.

Ni urutonde rugaragaho amazina mashya arimo Myugariro Noe Uwimana ukina muri Philadelphia Union yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rutahizamu Patrick Mutsinzi ukina muri AL WAHDA yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu na Danny Ndikumana ukinira Rukinzo FC yo mu gihugu cy' u Burundi. Uru rutonde kandi ntirugaragaraho amwe mu mazina amanyerewe mu Mavubi Kagere Meddie ndetse na Haruna Niyonzima.

Urutonde rw'abakinnyi 28 yahamagaye.

Abanyezamu:

Ntwali Fiarce / As Kigali

Ishimwe Pierre /APR FC

Hakizimana Adolphe / Rayon Sport

Ba myugariro:

Fitina Ombolenga (APR FC)

Serumugo ALLY (Kiyovu Sport)

Noe Uwimana (Philadelphia Union USA)

Emmanuel Imanashimwe ( Far Rabat).

Christian Ishimwe (APR FC)

Ange Mutsinzi (Jerv )

Abdul Rwatubyaye ( Rayon Sport)

Thierry Manzi ( As Kigali)

Faustin  Usengimana (Al Qasim)

Aimable Nsabimana ( Kiyovu SC)

Abakina Hagati:

Djihad Bizimana (KM Dienze)

Steve Rubanguka ( Zimbru chisinau )

Hakim Sahabo ( Lille)

Muhadjir Hakizimana ( Police FC)

Yannick Mukunzi ( Sandviken )

Ruboneka Jean Bosco (APR FC )

Samuel Guelette ( Raal La Louviere)

York Raphael ( GeFle  IF)

Ba rutahizamu:

Savio Dominique Nshuti ( Police FC)

Didier Mugisha (Police FC)

Patrick Mutsinzi ( Al WAHDA)

Abeddy Biramahire ( UD Songo)

Nshuti Innocent ( APR FC)

Danny Ndikumana ( Rukinzo FC).

U Rwanda ruri mu itsinda L hamwe na Senegal, Benin na Mozambique rukaba ari rwo ruri ku mwanya wa nyuma.

Uyu mukino uteganyijwe tariki 18.06. 2023 kuri Stade ya Huye.

U Rwanda ruheruka gukina Igikombe cya Afurika muri 2004 icyo gihe cyabereye muri Tunisia.


Ivan Shema




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura