Yanditswe Jan, 25 2023 12:19 PM | 4,894 Views
Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari (IMF) Kristalina Georgieva uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda, yagiranye ibiganiro n'intumwa z'ibihugu byo mu muryango wa Afurika y'i Burasirazuba byibanda ku ihindagurika ry'ikirere n'ubukungu.
Georgieva yabwiye abitabiriye ibi biganiro byari binayobowe na we ko ubufatanye bw’ibihugu ari ingenzi mu iterambere ry’ababituye.
Umuyobozi wa IMF yasobanuye ko usibye ingaruka za COVID19 n'intambara ya Ukraine n'Uburusiya bikomeje guteza ku isi yose cyane cyane mu rwego rw'ubukungu, isi inahangayikishijwe bikomeye n'ingaruka ziterwa n'ihindagurika ry'ibihe zikomeje kugaragara.
Aha niho uyu muyobozi ahera avuga ko ibihugu by'Isi bikwiye gushyira imbaraga mu ishoramari rigamije gukemura ibibazo by'ihindagurika ry'ibihe.
Yongeyeho ko nanone n'ubwo ibihugu bya Afurika bishyira imbaraga mu guhangana n'ihindagurika ry'ibihe, ngo bitabujije ko uyu mugabane uhura n'ingaruka zikomeye z'ihindagurika ry'ibihe (climate change).
Isi ifite intego ko imyuka ihumanya ikirere iri hagati ya 25% na 40% igomba kugabanywa bitarenze umwaka wa 2030, aha niho niho Umuyobozi wa IMF ahera asaba ibihugu bya Afurika y'i Burasirazuba gushyiraho politiki n'ishoramara bisubuza ibibazo by'ihindagurika ry'ibihe kuko IMF yiteguye gutera inkunga iri shoramari.
Ati "Mudufashe kubafasha".
Iki kigega giherutse kwemerera u Rwanda inkunga ya miliyali zisaga 300Frw azakoreshwa mu kuzahura ubukungu binyuze mu kubaka ubukungu butangiza ibidukikije.
Ku mugoroba wo kuwa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023 nibwo Kristalina Georgieva yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi itatu yakirwa na Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Uzziel Ndagijimana.
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru