AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Umuyobozi Mukuru w'Ikigega IMF ari mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda

Yanditswe Jan, 25 2023 12:19 PM | 5,182 Views



Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari (IMF) Kristalina Georgieva uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda, yagiranye ibiganiro n'intumwa z'ibihugu byo mu muryango wa Afurika y'i Burasirazuba byibanda ku ihindagurika ry'ikirere n'ubukungu. 

Georgieva yabwiye abitabiriye ibi biganiro byari binayobowe na we ko ubufatanye bw’ibihugu ari ingenzi mu iterambere ry’ababituye.

Umuyobozi wa IMF yasobanuye ko usibye ingaruka za COVID19 n'intambara ya Ukraine n'Uburusiya bikomeje guteza ku isi yose cyane cyane mu rwego rw'ubukungu, isi inahangayikishijwe bikomeye n'ingaruka ziterwa n'ihindagurika ry'ibihe zikomeje kugaragara.

Aha niho uyu muyobozi ahera avuga ko ibihugu by'Isi bikwiye gushyira imbaraga mu ishoramari rigamije gukemura ibibazo by'ihindagurika ry'ibihe.

Yongeyeho ko nanone n'ubwo ibihugu bya Afurika bishyira imbaraga mu guhangana n'ihindagurika ry'ibihe, ngo bitabujije ko uyu mugabane uhura n'ingaruka zikomeye z'ihindagurika ry'ibihe (climate change).

Isi ifite intego ko imyuka ihumanya ikirere iri hagati ya 25% na 40% igomba kugabanywa bitarenze umwaka wa 2030, aha niho niho Umuyobozi wa IMF ahera asaba ibihugu bya Afurika y'i Burasirazuba gushyiraho politiki n'ishoramara bisubuza ibibazo by'ihindagurika ry'ibihe kuko IMF yiteguye gutera inkunga iri shoramari. 

Ati "Mudufashe kubafasha".

Iki kigega giherutse kwemerera u Rwanda inkunga ya miliyali zisaga 300Frw azakoreshwa mu kuzahura ubukungu binyuze mu kubaka ubukungu butangiza ibidukikije.

Ku mugoroba wo kuwa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023 nibwo Kristalina Georgieva yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi itatu yakirwa na Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Uzziel Ndagijimana.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura