AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

#Umwiherero16: Ingingo z'ingenzi zagarutsweho ku munsi wa 4

Yanditswe Mar, 11 2019 14:17 PM | 4,676 Views



Umwiherero wa 16 w’Abayobozi bakuru b’Igihugu uri ku munsi wawo wa kane; kuri uyu munsi abayobozi baganiriye kuri service z’ubuzima ndetse n’uburezi.

Izi ni zimwe mu ngingo zari ziteganijwe mu bizaganirwaho muri uyu mwiherero;abayobozi baganiriye kuri zimwe mu mbogamizi zibuza izi nzego kugera ku rwego u Rwanda rwifuza.

Mu burezi mu burezi kuva mu 2001 kugera mu 2011 umubare  w’abana bajya kwiga mu mashuri abanza wazamutseho 34%; hashyizweho kandi gahunda z’amashuri y’isumbuye nk’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12.

Mu 2015  22% by’abana bagiye mu mashuri abanza barasibiye; 23% by’abantu bari hagati y’imyaka 13 na 18 mu Rwanda nibo bajya mu mashuri yisumbuye bonyine.

Izi zose ni ingingo aba bayobozi bazaganiraho ugira ngo bafate ingamba zo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda.

Uyu mwiherero wibanze cyane kuri gahunda zo kugeza igihugu ku cyerekezo 2050. Ni umwiherero ubaye nyuma y’umwaka umwe hatangijwe gahunda yo kwihutisha interambere ya NST1.

Bakomeje kuganiraa  ku nzego babona zishobora kugira uruhare mu kwihutisha iyi gahunda.

Uyu mwiherero kandi wibanze kuri gahunda zo gusohora baturage mu bukene no kububakira ubushobozi, ubuzima, uburezi, kuzamura ubuhinzi, ibyoherezwa mu mahanga, n’izindi ngingo.

Mu nsanganyamatsiko aba bayobozi baganiriye harimo iyo kurebera hamwe aho u Rwanda rwavuye rwubaka iterambere no kureba uburyo igihugu cyakomeza muri iyo nzira; by’umwihariko bakomeje kurebera hamwe uburyo u Rwanda rwareka gukomeza gutumiza mu mahanga ibyo rushobora kwikorera.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama