AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Up-Power, ikoranabuhanga rishya rishobora kuzagabanya ibyotsi bisohorwa n’imodoka

Yanditswe Jul, 01 2020 12:56 PM | 128,695 Views



Hari Abanyarwanda barimo gukora ubushakashatsi ku ikoranabuhanga ryakwifashishwa mu kugabanya imyotsi yanduza ikirere nibura ku gipimo cya 38%. Baremeza ko mu kwezi kwa 9 buzaba bwarangiye kandi ngo babwitezeho umusaruro.

Mu Ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro, IPRC Kigali, ni ho abashakashatsi b'Abanyarwanda bafatanyije n’abahanga mu bukanishi n’abo mu ikoranabuhanga b’ikigo Beno Holdings, na cyo cyo mu Rwanda, batangije ikoranabuhanga rya Up-Power ryafasha mu kugabanya imyotsi imodoka zisohora ikangiza ikirere.

Muri Nzeri uyu mwaka biteganyijwe ko ari bwo ubu bushakashatsi buzaba burangiye.

Ubusanzwe imodoka ni zo zipimwa na polisi iyo zikorerwa ubugenzuzi ngo harebwe niba nta myotsi yangiza ikirere zisohora, ibimenyerewe nka control technique.

Umuyobozi w'ishami rishinzwe kubahiriza amategeko n'ubugenzuzi bw'ibidukikije mu kigo REMA Remy Norbet Duhuze, avuga ko kuri ibi hiyongereyeho gutekereza ku binyabiziga bikoresha amashanyarazi, no gushyigikira ikoranabuhanga ryafasha mu guhangana n’iki kibazo.

REMA ivuga ko nko mu gihe ibinyabiziga bitagendaga kubera guma mu rugo, ihumana ry'ikirere ryagabanutse ku kigero cya 24% mu mugi wa Kigali gusa, ahandi mu ntara bigera kuri 30% no kuzamura.


Bienvenue Redemptus



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura