AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga rwasabwe kurwanya abahakana bakanapfobya Jenoside

Yanditswe Apr, 17 2022 12:10 PM | 25,601 Views



Urubyiruko rusaga ijana rukoresha imbuga nkoranyambaga rwasuye ingoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, rwasabwe gusigasira ibyo igihugu kimaze kugeraho ndetse bakarwanya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urubyiruko rwasuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside, mu rwego rwo kumenya biruseho no gusobanukirwa urugendo rwa RPF Inkotanyi mu kubohora igihugu, rwavuze ko rwahungukiye byinshi.

 Claude Ishimwe yagize ati "Ubutumwa bw’ingenzi twakuyemo hano n’uko ababohoye u Rwanda abenshi bari urubyiruko, baritanze nubwo hari imbogamizi nyinshi zirimo n’ubushobozi, natwe ntabwo tugomba kugira urwitwazo rwo kudatanga umusanzu ku gihugu cyacu, nk’uko abayobozi bacu bakunda kubitubwira igihugu cyarafashwe ndetse bakoze ibishoboka byose kugira ngo kigire umurongo ariko hari abantu baba bashaka kugisubiza inyuma cyane cyane bari hanze bifashishije imbuga nkoranyambaga kugira ngo bayobye urubyiruko, nkatwe nk’urubyiruko tugomba kuzifashisha duhakanya, tubereka ukuri kugira ngo batagira abo bayobya."

Havugimana Uwera Francine  umwe mu babyeyi baherekeje uru rubyiruko, avuga ko ari iby'agaciro kubona urubyiruko rugira ishyaka ryo kumenya amateka y’igihugu cyabo ndetse agashishikariza n’urundi rubyiruko kwihatira kumenya amateka, kuko ari byo bizabafasha guhangana n’ibyo bahurira nabyo ku mbuga nkoranyambaga.

Umuyobozi w’Umuryango Transparency International, ishami ry’ u Rwanda, Ingabire Marie Immaculee we yasabye urubyiruko gutanga umusanzu warwo mu kubaka igihugu cyabo, gusigasira ibimaze kugerwaho no kwirinda icyasubiza u Rwanda mu icuraburindi.

"Ndashaka kubasaba ngo mubigire igihango ko u Rwanda rutazasubira aho, abo mu gihe cyacu bakoze ibyashobokaga ariko noneho umupira tuwushyize mu kibuga cyanyu, nimuwutere nimutsindwa birabareba, muzaba ari mwe mwinaniwe, nimuharanire gusigasira igihugu, murwane kuri uru Rwanda murwime umwanzi, tugoma kwima umwanzi igihugu cyacu, tukabyanga kandi tukabigira intego."

Urubyiruko rusaga 100 rwasuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside, rwiyemeje gukoresha imbuga nkoranyambaga mu guhangana n’abapfobya ndetse n’abahakana genocide yakorewe abatutsi.


Ntete Olive




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura