AGEZWEHO

  • AMAFOTO: Perezida Kagame yayoboye inama y'Abaminisitiri – Soma inkuru...
  • U Rwanda na Uganda byiyemeje gufatanya mu gukemura ibibazo biterwa na ADF na FDLR – Soma inkuru...

Abanyeshuri ibihumbi 50 basoje gahunda y’intore mu biruhuko baravuga ko byabarinze ubuzererezi

Yanditswe Sep, 22 2022 16:30 PM | 137,310 Views



Urubyiruko rw’abanyeshuri rusaga ibihumbi 50 rwo mu Mujyi wa Kigali rwasoje gahunda y’intore mu biruhuko rwari rumazemo amezi abiri, ruravuga ko byarurinze ubuzererezi no kwishora mu ngesombi.

Muri mezi 2 ruri mu biruhuko, uru rubyiruko rwahabwaga inyigisho zirimo indaga gaciro zo gukunda igihugu, kurwanya ibiyobyabwenge, gukunda gusoma no kugira ikinyabupfura, kwiga gukoresha ikoranabuhanaga, imyidagaduro, kubaha ababyeyi no kugira imyitwarire myiza mu miryango ndetse hakaba harabayemo no kugaragaza impano no kurushanwa abahize abandi bahabwa n’ibihembo.

Uru rubyiruko ruvuga ko iyi gahunda y’intore mu biruhuko ruyikuyemo impamba n’inyigisho bizaruherekeza ku mashuri.

Bamwe mu babyeyi bavuga ko iyi gahunda y’intore mu biruhuko yabafashije gukurikirana imyitwarire n’uburere bwiza mu gihe cy’ibiruhuko.

Muri gahunda y’intore mu biruhuko, uru rubyiruko rwahuriraga ku bigo by’urubyiruko biri hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yagaragaje ko iyi gahunda yatanze umusaruro ndetse ikaba izongererwa imbaraga ku buryo n’abiga bataha bazajya bafata umwanya wo guhurira hamwe muri iyi gahunda.

Guhera kuri uyu wa Kabiri abanyeshuri bo mu turere tw’umwe mu ntara zitandukanye uko ari 4 batangiye gusubira ku mashuri, ni igikorwa cyizasozwa taliki ya 25 Nzeri 2022 hagenda abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali ndetse no muri tumwe mut urere  tw’Intara y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru.


Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Politiki mbi ntikwiye kuba muri siporo - Perezida Kagame

Ibikoresho bya mbere byo kubaka uruganda rw’inkingo byageze mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bari mu buyobozi

Perezida Kagame yavuze ko Leta iticaye ubusa mu guhangana n'izamuka ry'

U Rwanda na Yorudaniya mu masezerano y'ubufatanye

EAC yasabye ko Abanyekongo bahungiye mu Rwanda na Uganda bacyurwa

Nzakora icyo ari cyo cyose kugira ngo inkuru ya FDLR itazagaruka iwacu ukundi-Pe