AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Urubyiruko rwasabwe kutajenjeka mu kwirinda SIDA

Yanditswe Dec, 02 2022 05:41 AM | 223,976 Views



Ubushakashatsi n'ibyegeranyo ku bwandu bushya bwa Virus itera SIDA, bigaragaza ko urubyiruko by'umwihariko abakobwa aribo bugarijwe n'ubu bwandu. 

Ibipimo by’ubwandu bushya bigaragaza ko abakobwa  bari kuri 3,7% mu kwandura mu gihe abahungu ari 2, 2%. 

Abaturage biganjemo urubyiruko basanga hakenewe kongera ubukangurambaga bwimbitse mu guhagarika umuvuduko w'ubwandu bushya bwa Virus itera SIDA bukomeje kwiyongera cyane mu rubyiruko.  Barabivuga mu gihe kuri iyi tariki ya 1 Ukuboza ari umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, wizihirijwe karere ka Huye ku rwego rw'igihugu.

Ndagiwenimana Apollinare atuye mu Murenge wa Muganza wo mu karere ka Gisagara, avuga ko kuba ubwandu bushya burimo kwiyongera mu rubyiruko, biterwa n'uko abantu by'umwihariko urubyiruko babona Icyorezo cya SIDA bakagifata nk'izindi ndwara batagitinya kuyandura. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi mu rwego rw’ubuvuzi, Dr. Patrick Ndimubanzi, avuga ko mu gukomeza guhanga na SIDA hagabanywa ubwandu bushya, leta ishyize imbaraga mu bukangurambaga no kuzamura imyumvire cyane cyane mu rubyiruko.

Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima, OMS rigaragaza ko mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2005, abantu bafite virus itera SIDA bari kuri 3% by'abaturage bose.

Ni mu gihe ubushakashatsi buheruka gukorwa n'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuzima RBC , bwagaragaje ko mu Rwanda ubwandu bushya bwagabanutse ku kigero cya 50% mu myaka itanu ishize, aho abandura kuri ubu ari abantu ibihumbi 5000 ku mwaka. 

Jean Pierre Ndagijimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama