AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Urukiko rukuru rwa gisirikare rwakomeje kuburanisha urubanza rwa P5 na RUD Urunana

Yanditswe Nov, 24 2021 14:21 PM | 73,777 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwakomeje kuburanisha urubanza ruregwamo abantu 38 bahoze mu mitwe ya P5 na RUD Urunana ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Uyu munsi w'iburanisha waranzwe no gusabira ibihano abaregwa nabo bahabwa umwanya basaba urukiko kubagabanyiriza ibihano.

Uyu munsi w'iburanisha wahariwe ubushinjacyaha, aho bushingiye ku byaha bakekwaho ndetse n'ibimenyetso bibishimangira, bagiye basabirwa ibihano buri wese ku ruhare yagiye agira mu byaha ashinjwa.

Mu bihano ubushinjacyaha bwasabiye abaregwa ibyinshi byiganjemo gufungwa burundu kubera uburemere bwa buri cyaha, hakaba n'ibyaha bagiye asabirwaho gufungwa imyaka 25, 20 n'10.

Ku ruhande rw'ubwunganizi ndetse n'abaregwa ubwabo, bahakana icyaha cyo kugirana umubano na leta z'amahanga hagamijwe gushoza intambara, bagasaba urukiko guca inkoni izamba kubera impamvu nyoroshyacyaha bakomeje kugaragariza urukiko. 

Muri izo mpamvu nyoroshyacyaha bavuga ko bisanze  mu mitwe y'ingabo zitemewe nka P5 na RUD Urunana kandi mbere batarapangaga kuyijyamo, ahubwo ko ari ibishuko bahuye na byo.

Uru rubanza rwari rwasubukuwe kuri uyu wa 2, nyuma y'aho rusubitswe mu kwezi gushize bitewe n'icyemezo cy'urukiko cyo kuruhuza n'urw'uwitwa Mbarushimana Aimé Erneste,na we wari mu mutwe wa P5, bimaze gusuzumwa ko bashinjwa ibyaha bijya gusa kandi byakorewe ahantu hamwe. 

Uyu Mbarushimana akaba atari afite umwunganira mu mategeko, urukiko rugasaba ko abanza kumushakirwa.

Mbarushimana, kuri uyu wa 2 ubwo yahabwaga ijambo mu rukiko, yavuze ko yavuye mu Rwanda asanzwe ari umuyoboke w'ishyaka FDU-Inkingi ajyanywe n'inama yagombaga kubera mu Burundi, agezeyo bamubwira ko inama itakibaye, akomereza mu bice bya Minembwe muri Congo ari na bwo yinjiraga mu mutwe wa P5. 

Nyuma yaho ni bwo abarwanyi b'uwo mutwe baje kujya mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru bihuza n'umutwe wa RUD Urunana, baza kurwana n'ingabo za FARDC bamwe bararaswa abandi batabwa muri yombi, ndetse bamwe muri bo akaba ari bo bagabye ibitero mu Kinigi, mu karere ka Musanze tariki ya 4 Ukwakira 2019.

Aba bose uko ari 38 bagizwe n'Abanyarwanda, Abarundi n'abanyaUganda. 

Bashinjwa kurema umutwe w'ingabo zitemewe no kuwujyamo, kugirana umubano na leta y'amahanga bigiriwe gushoza intambara, gushyiraho umutwe w'abagizi ba nabi no kuwujyamo, kugirira nabi ubutegetsi buriho, icyaha cy'iterabwoba, ubufatanyacyaha mu bwicanyi, ubufatanyacyaha mu kwiba hakoreshejwe intwaro n'ubufatanyacyaha mu gukomeretsa ku bushake.

John Bicamumpaka



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage