AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Urukiko rwasubitse urubanza rwa Mugimba ukurikiranweho jenoside

Yanditswe Oct, 22 2019 10:06 AM | 8,813 Views



Urukiko Rukuru urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rufite ikicaro mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, rwasubukuye urubanza ruregwamo Mugimba Jean Baptiste woherejwe n’igihugu cy’u Buholandi kuburanira mu Rwanda ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyibasiye inyokomuntu akurikiranyweho kuba yarakoreye mu duce dutandukanye tw’umujyi wa Kigali mu mwaka wa 1994.

Mu isubukurwa ry'uru rubanza, ubushinjicyaha bwahise busaba ko iri buranisha risubikwa kugira ngo bubone umwanya uhagije wo gutegura imyanzuro nk'uko bwabisabye urukiko mu ibaruwa bwarwandikiye.

Urukiko rwemeye iki cyifuzo cy'ubushinjacyaha, impande zose zumvikana ko iburanisha ritaha rizaba tariki 26 Ugsuhyingo 2019.

Gusa mbere yo gusubika iri buranisha urukiko rwagaragarije uruhande rw'ubushinjacyaha ingingo 12 ku birego bushinja Mugimba Jean Baptiste, bugomba gusobanurira  mu iburanisha ritaha bagomba gusobanurira neza urukiko

Urukiko twanzuye ko ubushinjicyaha buzageza imyanzuro yarwo ku rukiko tariki 18 Ugushyingo 2019. Na ho uruhande rw'uregwa rwo ruzatanga imyanzuro yarwo nyuma y'iburanisha rya tariki 26 Ugushyingo 2019 hamaze kumvwa aho imyanzuro y'ubushinjacyaha igana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura